AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Muri Nyagatare haravugwa ikibazo cy’umubare muto cyane w’abahinzi bashinganisha imyaka

Yanditswe Jun, 22 2021 15:45 PM | 33,131 Views



Mu karere ka Nyagatare haravugwa ikibazo cy’umubare ukiri muto cyane w’abahinzi bashinganisha imyaka yabo mu bigo by’ubwishingizi, mu gihe nyamara ibiza birimo imvura inyinshi hamwe n’izuba ryinshi bisiga bihitanye imyaka itari mike mu mirima.

Abatangiye kugana ubu bwishingizi ni abakorera mu makoperative mu gihe abahinga ku giti cyabo bo bavuga ko badasobanukiwe n’iyi gahunda.

Kuva gahunda y’ubwishingizi bw’ibihingwa yatangira muri Mata 2019 mu gihugu hose, mu karere ka Nyagatare imyaka yemerewe kujya mu bwishingizi ku ikubitiro ni ibigori, umuceri, urusenda n’imiteja.

Kwishingira imyaka hari ababitangiye ariko ni abo mu makoperative ahinga ibigori n’umuceri gusa.

Imibare igaragaza ko hegitari 1580 z’amakoperative  y'abahinzi b'umuceri mu karere kose, 80% yazo zamaze gushyirwa mu bwishingizi mu gihe amakoperative yose y’ibigori uko ari 30 yo akorera kuri hegitari 2839, ariko hegitari 1339 mu rizo akaba arizo zamaze gushyirwa mu bwishingizi.

Ni mu gihe nyamara mu karere kose hegitari zihingwaho ibigori 23728 bivuze ko uretse ziriya hegitari, izikorerwaho n’amakoperative, izindi zihingwaho n’abahinzi ku giti cyabo ari nabo batarigera bagana na rimwe iyi gahunda y’ubwishingizi. 

Kabera Tharcisse wo mu Murenge wa Tabagwe yemeza ko muri iki gihe umusaruro w’ibigori hazaboneka muke cyane, kubera imvura yabuze hakiri kare bikicwa n’izuba.

Abandi bahinzi bataragana ubwishingizi na mba ni abahinga urusenda n’imiteja muri aka karere. Muri ubu bwishingizi bw’ibihingwa umuhinzi atanga 60% nk’uruhare rwe, naho leta  ikamwishyurira 40%.

Umuyobozi w’akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu,Rurangwa Steven avuga ko hari igisubizo gishingiye ku bukangurambaga.

Mu karerere ka Nyagatare amakoperative ahinga umuceri  ni atanu ku buso bwa hegitari  1580.

Mu bwishingizi  kuri buri hegitari y'umuceri umuhinzi atanga amafaranga y'u Rwanda 21300 frw bingana na 60% nk’uruhare rwe,  leta  nayo ikishyura 40% asigaye.

Ni mu gihe kugihingwa cy’ibigori  kuri hegitari imwe umuhinzi atanga amafaranga ibihumbi 26000 frw bingana na 60% nk’’uruhare rw'umuhinzi, leta  nayo ikishyura 40%.


Munyaneza Geofrey




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira