AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Munyarubuga Javel yakoze ibicanwa bizwi nka briket yifashishije ibarizo

Yanditswe May, 30 2022 20:15 PM | 48,221 Views



Munyarubuga Javel wakoze ibicanwa bizwi nka briket yifashishije ibarizo, avuga ko icyo abandi babonagamo imyanda yakibonyemo igisubizo cy'abantu benshi bakeneye ibicanwa kandi kikaba kitanangiza ibidukikije.

Mu masaha y'akazi muri kampanyi ya Munyarubuga javel imirimo yo irarimbanyije, hagaragara cyane ibarizo rikorwamo briket zikoreshwa nk'amakara cyangwa inkwi.

Agira ati "Uko tubikora iryo barizo riva mu gakiriro tugirayo abantu barikusanya rikaza hano dukorera hano hari imashini zibanza zikarinoza zigatangira guca mu mashini, hari izihindura ishyiramo ubushyuhe dogree zikenewe nayo ikoherezwa mu yindi mashini kugera aho ikara riza gusohokera."

Ibi bigaragara nk'imyanda bituruka ku biti nibyo Munyarubuga Javel yitegereje uko rimwe na rimwe bibura aho bijugunwa ndetse bikanatwikwa mu buryo bwangiza ikirere, maze asanga byabyazwa umusaruro.

"Igitekerezo uko cyaje ni kwa kundi leta idushishikariza kwihangira imirimo, iri barizo naribonaga mu gakiriro baritwika rigahora ryaka mbese nta gisubizo nibwo natekereje ko narishyiramo agaciro nkaribyazamo aya makara."

Abantu 34 nibo bamaze guhabwa akazi mu gukora izi briket, bavuga ko bungutse ubumenyi ariko bakanabasha kwiteza imbere.

Munyarubuga Javel ugeze ku rwego rwo gutunganya toni 15 za briket ku munsi, avuga ko atari byiza ko umuntu ategereza guhabwa akazi ku bandi cyangwa ngo yirirwe ataka ko kabuze, ahubwo ko buri wese akwiye gukoresha umutwe agatekereza umurimo wamutunga.

UWITONZE Providence Chadia 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira