AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Mu minsi 3 icyuzi cya Ruramira kirimo imibiri y'abatutsi bishwe muri jenoside kiraba cyakamijwe

Yanditswe Mar, 31 2020 13:29 PM | 28,937 Views



Icyuzi gihangano cya Ruramira mu Karere ka Kayonza mu minsi itatu kiraba cyakamijwe kugira ngo haboneke imibiri y'abazize Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni imibiri imazemo imyaka 26 harabuze uko ivamo.

Ibi ni ibitangazwa  na Engeniyeri Nkurunziza Gilbert uyoboye igikorwa cyo gukura amazi muri iki cyuzi cya Ruramira, nyuma y’aho kuri uyu wa Mbere umuyoboro munini wacukuwe kuri iki cyuzi utangiye gusohora amazi.

Umwaka ushize ni bwo hatangiye igikorwa cyo gukamya amazi mu cyuzi cya Ruramira, ariko aho kugabanuka akarushaho kwiyongera.Hakoreshwaga imashini zikurura amazi, nyuma haje gucibwa umuyoboro munini. Igikorwa kimaze ibyumweru bibiri.

Abacitse ku icumu mu Murenge wa Ruramira barimo Perezida wa Ibuka muri uyu Nziyoroshya Elisa baravuga ko icyizere ari cyose ko imibiri y'ababo igiye kuboneka igakurwamo.

Perezida wa IBUKA muri uyu murenge avuga  ko muri iki cyuzi hashobora kuba harimo imibiri ibarirwa mu bihumbi 30 y'abatutsi bajugunywemo. Bakaba ari abo mu mirenge ikikije iki cyuzi ndetse n’abari barahahungiye. Kuva hatangira igikorwa cyo kuyikuramo hamaze gukurwamo imibiri ibarirwa muri 50.

AKIMANA Latifat



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura