Yanditswe Oct, 23 2021 18:57 PM | 101,646 Views
Ambasade y'u Bufaransa mu Rwanda yatangaje ko mu kigo ndangamuco cy'abakoresha igifaransa mu Rwanda (centre culturel francophone du Rwanda) hazajya habera ibikorwa bijyanye no kwibuka jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda.
Ibi byatangarijwe mu kiganiro iyi ambasade yagiranye n'abanyamakuru kuri uyu wa Gatandatu i Kigali.
Indirimbo n'udukino tunyuranye ni bimwe mu bifasha by'umwihariko abakiri bato kuruhuka no kwiga. Ikigo ndangamuco cy'abavuga igifaransa Centre Culturel Francophone du Rwanda ni hamwe mu hafasha urubyiruko kimwe n'abakuru kuruhuka no kunguka ubumenyi binyuze mu gusoma, ibintu byishimirwa n'abagana iki kigo.
Eric Dusabimana, umuyobozi w'isomero yagize ati " Ni ahantu turuhukira hari amasomero dutegura ibitaramo abantu bakaza bakaruhuka bakumva umuziki mwiza ariko hari n'ikigo gifasha abantu bashaka kwiga igifaransa."
Daniella Umwali ukunda gusomera ibitabo muri iki kigo, ati "Gusoma ibitabo ni ibintu byiza kandi ibitabo biri hano ni byinshi mu nzego zitandukanye ku buryo domaine yose wabonamo igitabo cyakugirira akamaro byaba ibitabo by'inkuru cyangwa iby'ubushakshatsi."
Umujyanama mu by'ubutwererane n'umuco muri Ambasade y'u Bufaransa mu Rwanda Juliette Bigot avuga ko iki kigo ntawe giheza kandi ko bitandukanye no mu myaka yashize kizanagira uruhare rugaragara mu bikorwa byo kwibuka jenoside yakorewe abatutsi."
Ati "Iki kigo ni ndangamuco cy'abavuga igifaransa kuko gifite intego yo kwakira abantu bose bakoresha igifaransa ariko na none ntawe giheza. Habera ibikorwa byinshi ariko mbere na mbere kigenewe urubyiruko. Muri iki kigo kandi ni hamwe mu hazabera ibikorwa byo kwibuka jenoside yakorewe abatutsi hari byinshi duteganya kuzakora guhera mu gihe cyo kwibuka mu kwezi kwa kane."
Ambasaderi w'u Bufaransa mu Rwanda Antoine Anfré avuga ko intambwe yatewe mu mubano w'u Rwanda n'u Bufaransa itazasubira inyuma kuko yubakiye ku kuri kw'amateka.
Ati "Hari uruhare rw’Abanyarwanda ubwabo . igice kimwe cyabo cy’abahezanguni, hari umurage w’abakoloni b’ababiligi abategetsi b’Abanyarwanda bamize bunguri bakawusakaza mu baturage bakabahuma amaso bigatuma bakora ibintu bitabaho. Hari n’uruhare rw’uBufaransa bwirengagije amakuru bwahabwaga bugatera inkunga ubutegetsi bw’abicanyi. Ndizera ko intambwe imaze guterwa itazasubira inyuma kuko hari byinshi byakozwe n’abanyamateka n’abashakashatsi n’ubuyobozi bw’ikirenga bw’u Bufaransa. Iyi nzu ndangamuco rero iranagaragaza ubwo bwiyunge kandi inzira yabwo yamaze gutangira."
Ambasaderi w'u Bufaransa mu Rwanda yanatangaje ko biteganyijwe ko u Bufaransa buzahagararirwa na Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga Jean Yves Le Drian mu nama izahuriza i Kigali mu cyumweru gitaha Afurika yunze Ubumwe n'Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi.
Jean Damascène MANISHIMWE
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru