AGEZWEHO

  • Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda? – Soma inkuru...
  • Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y'imyaka 30-49 – Soma inkuru...

Muri Musanze hubatswe urwibutso rw’abazize Jenoside rwatwaye arenga miliyoni 600 Frw

Yanditswe Feb, 21 2022 16:10 PM | 38,611 Views



Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu karere ka Musanze, nyuma yo kumara igihe kinini bifuza kubakirwa urwibutso, ubu barishimira ko bubakiwe urwibutso rwuzuye rutwaye asaga Miliyoni 600 Frw.

Ni urwibutso rwubatswe mu cyahoze ari court d'Appel ya Ruhengeri, ahiciwe Abatutsi bari barahahungiye bizeye umutekano mu nzu y'ubutabera ariko siko byagenze.

Mu cyahoze ari court d'Appel ya Ruhengeri niho hubatswe urwibutso rugezweho rw'karere ka Musanze. 

Ni iby'ishimo byinshi ku barokotse Jenoside ya korewe Abatutsi bafite ababo batari bashyinguye neza, mu rwibutso rwa Muhoza bavuga ko uru rwibutso rushya ruje ari igisubizo.

Perezida wa Ibuka mu Murenge wa Muhoza, Hamza Iddi avuga ko uru rwibutso ruje ari igisubizo mu gushyingura neza imibiri isaga 800 yari mu rwibutso rwa Muhoza rutari rubungabunzwe neza.

Imirimo yo kubaka urwibutso rw'abazize Jenoside ya korewe Abatutsi rw'Akarere ka Musanze igeze 100%, biteganyijwe ko ubuyobozi bw'Akarere ku bufatanye na Ibuka bakira by'agateganyo uru rwibutso kuri uyu wa Gatatu. 

Umuyobozi w'Akarere ka Musanze, Ramuri Janvier avuga ko urwibutso rwubatswe ku buryo bugezweho ibizafasha mu gukomeza kubungabunga amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri.

Urwibutso rw'Akarere ka Musanze rufite ubushobozi bwo kubungabunga imibiri isaga ibihumbi 20, ni urwibutso rwuzuye rutwaye asaga Miliyoni 600 Frw, gutangira kwimuriramo imibiri biteganyijwe muri Gicurasi uyu mwaka. 

Robert Byiringiro 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama