AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Mu Rwanda hatangijwe mushinga ugamije guha ijambo abagore binyuze kuri murandasi

Yanditswe Oct, 15 2020 18:23 PM | 84,609 Views



Mu Rwanda hatangijwe umushinga wa "50 million African Women Speak Project". Ni umushinga ugamije guha ijambo abagore binyuze kuri murandasi ukorera mu bihugu 38. 

Umunyamabanga Mukuru Wungirije w'Umuryango wa Afurika y'Iburasirazuba Bwana Christophe Bazivamo asobanura ko uru rubuga ruje gufasha abagore gukora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bikanabafasha gusangira amakuru n'ubunararibonye. 

Yashimangiye ko ibi bigiye korohereza abagore ba Afurika mu bucuruzi bityo iterambere ryabo rikarushaho kwihuta. 

Usibye ubucuruzi uru rubuga ruzafasha muri gahunda yo guhuza imipaka haranatekerezwa uko hahuzwa n'ifaranga. 

Icyo abagore basabwa ni ukongera ubumenyi mu ikoranabuhanga kugira ngo babashe kubyaza amahirwe uru rubuga. Ni urubuga rwari rumaze imyaka ibiri rutegurwa, igitekerezo cyo kurushyiraho kikaba cyarakomotse Ku byifuzo bya bamwe mu bagore bo hirya no hino muri Afurika, bahirimbanira ko umugore wa Afurika nawe atezwa imbere.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rurishimira ibyagezweho mu kurwanya Malariya

Abadepite basabye Guverinoma gukemura ikibazo cyo gushyingura bihenze

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw