AGEZWEHO

  • Kutagaragaza ahari imibiri y'abazize Jenoside bifitanye isano n'ingengabitekerezo yayo itarasibangana-Dr Bizimana – Soma inkuru...
  • U Bubuligi: Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gukora Jenoside – Soma inkuru...

Mu Rwanda hari kubera inama ya ITU irebana n'iterambere ry'ikoranabuhanga

Yanditswe Dec, 05 2016 15:54 PM | 1,273 Views



Ibihugu by'Afurika bikangurirwa guhuriza hamwe imbaraga kugira ngo ikoranabuhanga rikomeze kugira uruhare mu iterambere ryabyo.

I Kigali hatangiye inama mpuzamahanga ihuje ibihugu byibumbiye mu muryango mpuzamahanga ushinzwe guhuza ibikorwa by’iterambere mu itumanaho (ITU) ku rwego rw’akarere ka Afurika hagamijwe kwisuzuma nka Afurika mu by'itumanaho.

Abahagarariye inzego zitandukanye zikora mu birebana n'ikoranabuhanga mu bihugu biri muri uyu muryango mpuzamahanga w'itumanaho mu karere k'Afurika, barimo kurebera hamwe icyakorwa kugira ngo ikoranabuhanga rirusheho gucengera muri Afurika kandi rigire uruhare mu iterambere ry'umugabane w'Afurika.

Andrew Rugege uyobora umuryango ITU ku rwego rw'Afurika asobanura ko ikoranabuhanga rikwiye kurushaho gushyirwamo ingufu bitewe n'akamaro rigira mu buzima bw'abaturage.

Umuyobozi ushinzwe iterambere ry'itumanaho muri ITU, Brahima Sanou, avuga ko ibyo u Rwanda rumaze kugeraho mu birebana n'ikoranabuhanga bikwiye kubera urugero ibindi bihugu.

Ministre w'urubyiruko n'ikoranabuhanga Jean Philbert Nsengimana we avuga ko umusaruro uva mu nama ku ikoranabuhanga u Rwanda rukomeje kwakira, ugenda urushaho kwiyongera.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura

Impunzi z’i Kigeme ntizigihagaritse umutima kubera ibiza

Rubavu: Uko hahanzwe imishinga ikomeje gufasha mu iterambere ry'abarokotse

NEC yasobanuye ibisabwa ku baziyamamariza ku mwanya w’Umukuru w’Igih

Perezida Kagame yasabye ba ofisiye bashya ba RDF kwanga ubugwari n’ububwa,

Ba ofisiye 624 bashya binjijwe mu Ngabo z’u Rwanda (Amafoto)

Ibyihariye kuri Dr Jean Baptiste Habyarimana wazize kurwanya umugambi wa Jenosid