Yanditswe Jun, 09 2022 16:02 PM | 70,501 Views
Mu Mujyi wa Kigali hagiye kubakwa uruganda ruzatuma imyanda yo mu
mwiherero itaba umutwaro, ahubwo ikabyazwamo ibindi bintu nk’ingufu zo
gutekesha cyangwa se ifumbire.
Ibi ni inkuru nziza kuri bamwe mu batuye Umujyi wa Kigali, bavuga ko bagorwa no kubona aho bacukura imisarane iyo basanganywe yuzuye bitewe n’ubuto bw’ibibanza.
Abaturage basaga Miliyoni 1.3 batuye mu Mujyi wa Kigali, 92% by'abo bafite ubwiherero bw'imyobo ku buryo yuzura bagasabwa gucukura indi, naho 7% by'abawutuye bo bafite uburyo bworoheje bwo kuvidura imisarane yabo.
Nyamara hari benshi bugarijwe n'ikibazo cy'ibura ryaho bacukura ubundi bwiherero bitewe n’ubuto bw'ibibanza byabo.
Ubuyobozi bw'Ikigo cy'igihugu gishinzwe amazi, isuku n'isukura WASAC kuri uyu wa Kane, bwasinyanye amasezerano na Komisiyo y'icyogogo cy'ikiyaga cya Victoria yo kubaka uruganda ruzubakwa mu Murenge wa Masaka mu karere ka Kicukiro, ahazajya hahurizwa imyanda iturutse mu misarane igatunganywa ikabyazwamo ingufu zo gucana n'ifumbire yo gukoresha mu buhinzi.
Umuyobozi Mukuru w'agateganyo wa WASAC, Gisèle Umuhumuza avuga ko mu gihe cy'imyaka 3 uru ruganda ruzaba rwabonetse.
Uru ruganda ruzarangira kubakwa muri 2025 rutwaye miliyoni 7.5 z'Amayero yatanzwe na Banki yo mu Budage y'iterambere KFW, ni ukuvuga asaga miliyari 7 z’amanyarwanda.
Imishinga nk’uyu izakorerwa no muri Tanzania, Kenya na Uganda ikazatwara amayero yose hamwe agera kuri miliyoni 26 mu kubaka izo nganda.
Uru ruganda ruzaba rufite ubushobozi bwo kwakira metero kibe ziri hagati ya 500 na 600 z'imyanda ku munsi, izanywe n'imodoka zizaba zaviduye imisarane yo hirya no hino mu Mujyi wa Kigali iri ahantu hagoye kugerwa n'imiyoboro.
Umuyobozi ushinzwe ubutwererane muri Ambasade y'igihugu cy'u Budage mu Rwanda, Philippe Taflinski avuga ko igihugu cye gishimishwa no gufatanya n'u Rwanda kugera ku ntego rwihaye.
Umujyi wa Kigali urimo guturwa ku muvuduko uri hejuru, aho muri 2035 abahanga mu miturire bateganya ko abawutuye bazaba bageze kuri miliyoni imwe n'ibihumbi 800, ku buryo hakenewe uburyo bwo gukusanya no gutunganya imyanda ituruka mu ngo.
Inganda nk'izi zizubakwa mu Mujyi wa Kisumu muri Kenya, Umujyi wa Mwanza muri Tanzania n'i Kampala muri Uganda.
Bosco Kwizera
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru