AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Mu Mujyi wa Kigali hagiye guterwa ibiti ibihumbi 200

Yanditswe Oct, 30 2021 20:37 PM | 74,513 Views



Mu gihe kuri icyi cyumweru mu Bwongereza hatangira inama nkuru y’amasezerano ku mihindagurikire y’ibihe izwi nka COP26, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko muri uyu mwaka mu mujyi hazaterwa ibiti birenga ibihumbi 200 kugira ngo iterambere ry’umujyi rirusheho kujyana no kubungabunga ibidukikije.

Kiyovu rwagati mu Mujyi wa Kigali, ni kamwe mu duce dutuma umurwa mukuru w’u Rwanda unogera ijisho abawugezemo bakishimira kugenda mu mujyi utoshye. Abatuye Kigali bagaragaza ko basobanukiwe neza akamaro k’ibiti mu mibereho y’abantu n’ingorane bahura na zo ibiti biramutse bidahari.

Ku rundi ruhande ariko hari ibice by’umujyi bitagaragaramo ibiti byinshi, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Pudence Rubingisa akavuga ko hari ibyo bateganya gukora kugira ngo iterambere ry’umujyi ridasiga inyuma ibidukikije.

Guhangana n’ibyuka byangiza ikirere ni imwe mu ntego z’inama nkuru y’amasezerano ku mihindagurikire y’ibihe COP26 itangira kuri icyi cyumweru mu gihugu cy’uBwongereza.

 Dr Charles Karangwa ukurikirana ibyerekeye kurengera ibidukikije ku rwego mpuzamahanaga asanga iyi nama ishobora kuzana impinduka nziza mu kurengera ibidukikije

Mu gihe muri 2050 ibihugu byiyemeje kuba byageze ku bukungu bushingiye ku kutangiza ibidukikije ubu u Rwanda rwamaze kugera ku ntego yo gutera amashyamba kuri 30% by’ubuso bw’igihugu rukaba runafite intego yo kugabanya ibyuia byangiza ikirere ku kigero cya 38% muri 2030.

Jen Damascène MANISHIMWE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama