AGEZWEHO

  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...
  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...

Mu Ishuri Rikuru rya Polisi hatangiye inama nyunguranabitekerezo ku mahoro umutekano n'ubutabera

Yanditswe Jun, 17 2021 18:06 PM | 10,029 Views



Mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda i Musanze, kuri uyu wa Kane, hatangiye ibiganiro ku mahoro, umutekano n’ubutabera, bizamara iminsi ibiri. Ibi biganiro ni bimwe biri mu masomo ahabwa ba Ofisiye bakuru bari ku mahugurwa muri iri shuri.

Minisitiri w'Ikoranababuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula watanze ikiganiro yavuze ko ikoranabuhanga ari  intwaro ikomeye mu guhangana n’ibyaha kandi Leta y’u Rwanda yashyizeho ishuri aho abazarirangizamo bazifasishwa mu guhangana na byo. 

Muri iki kiganiro Minisitiri Ingabire Paula yavuze ko kugira ngo umutekano mu by’ikoranabuhanga wimakazwe hashyizweho ishuri rya  Rwanda Coding Academy rizasora abahanga mu guhanga n’ibyaha by’ingeri zitandukanye mu by’ikoranabuhanga.

Ikiganiro cya kabiri cyavugaga ku itangazamakuru n’umutekano inkingi yubakirwaho mu kubaka sosiyete ishyize hamwe kandi itekanye. Bamwe mu banyeshuri bahawe ibi biganiro bemeza ko ari inyongeragaciro ku masomo bamaze igihe bahabwa .

Minisitiri w'Ubutabera akaba n'Intumwa nkuru ya Leta Johnston Busingye atangiza iyi nama yagaragaje ko umwaka ushize wa 2019 ibiganiro nk’ibi bitabayeho kubera Covid -19 ariko kuri iyi nshuro yizeye ko abitabiriye aya mahugurwa yo ku rwego rwo hejuru  bizabafasha nk’urwego rufata ibyemezo  kandi ko bazabisangiza abandi.

Ibi biganiro birimo gutangirwa mu Ishuri rikuru rya Polisi bifite insanganyamatsiko igira iti”Guhangana n’ibibazo by’umutekano bishobora kuvuka muri Africa.” 

Uretse abanyeshuri bamaze umwaka bahugurwa bitabiriye ibi biganiro hari n’abayobozi mu nzego zitandukanye z'umutekano n'impuguke batumiwe muri iyi Nama ndetse n'abanyeshuri 22 baturutse mu ishuri ryigisha ibijyanye n'Amategeko rya lLPD.

Ally Muhirwa 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura