Yanditswe Oct, 25 2016 12:11 PM
1,677 Views
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri perezida wa republika Paul Kagame uri mu ruzinduko Maputo muri Mozambique, yunamiye intwari z'iki gihugu zishyinguye mu rubuga rwa Mozambique's Heroes Square.
Nyuma
yatanze ikiganiro cyitabiriwe n'impuguke,abashakashatsi n'abanyeshuli ba za
kaminuza n'abashoramari.
Perezida Kagame yavugaga ku ruhare rw'abikorera mu iterambere ry'u Rwanda. Yagaragaje ko buri wese ku giti cye arebwa n'imibereho myiza ye, atiriwe ategereza uruhare rw'abanyamahanga n'abaterankunga.
Yagarutse kandi ku mitangirwe ya service no gukorera mu mucyo, aho yasobanuye ko abayobozi bagomba gukorera abaturage aho gukora ibinyuranye n'ibyo.
Perezida Kagame yanagarutse ku buryo abanyarwanda bihaye gahunda yo kunga ubumwe ndetse n'uko rwize kwishakira ibisubizo binyuze mu biganiro n'ubwumvikane.
Yasobanuye ko Abanyarwanda bamaze guhangana n'ingana n'ingaruka za Jenoside, bafashe izindi ntego zasaga n'izidashoboka ariko ziza kugerwaho. Urugero yatanze ni uko mu myaka itagera ku 10 inkiko Gacaca zaburanishije miliyoni 2 z'imanza ubusanzwe zari kuburanishwa mu myaka 100 mu nkiko zisanzwe.
Yavuze ko ubwiyunge bwasabaga ko habaho gutanga ubutabera, kuko abanyarwanda bagombaga kongera kubana.
Yabwiye abari muri iki kiganiro ko habayeho gukangurira abanyarwanda bose kugira uruhare mu kubaka umuryango nyarwanda mushya utandukanye n'uwa kera.
Perezida Kagame yatangaje ko ibi byemezo byose abanyarwanda babikoraga hari bamwe mu baterankunga n'abafatanyabikorwa n'u Rwanda batari babyishimiye cyangwa ngo babishyigikire.
Yanavuze ko ibyakorwaga byose habagaho kwibaza niba bizunga abanyarwanda cg bizarushaho kubatanya.
Yagize ati twagenaga ibizakorwa dushingiye ku byo dukeneye n'inyungu z'abanyarwanda akaba ari byo twibandaho.
Yemeje ko kwari ukwiyemeza guhangana n'ingaruka byagira uko iminsi yagombaga kugenda iza.
Yavuze ko uburyo Jenoside yari yasenye u Rwanda hari benshi batumvaga uko rwazongera kuba igihugu abantu bakongera kubamo, ari naho yavuze ko u Rwanda na Mozambique, ari ibihugu bisangiye kwiyemeza hagamijwe kubaka igihugu kigenga kandi gifite iterambere ry'abaturage rizanaramba.
Prezida wa republika yitabiriye umuhango w'irahira ry'abadepite batatu aribo Karinijabo Ba ...
Nov 18, 2016
Soma inkuru
Perezida wa republika Paul Kagame na Madamu we, Jeannette Kagame bari i Marrakesh muri Maroc aho bit ...
Nov 15, 2016
Soma inkuru
I Kigali hatangiye inama y'inteko rusange y'ikigo mpuzamahanga giteza imbere ubumenyi ihur ...
Nov 14, 2016
Soma inkuru
President wa Republika Paul Kagame abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter yashimiye Donald Trump wats ...
Nov 09, 2016
Soma inkuru
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka 20 umuryango Unity Club umaze ushinzwe, Perezida wa ...
Nov 05, 2016
Soma inkuru
Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame yagarutse mu gihugu nyuma y'uruzinduko yari ...
Oct 30, 2016
Soma inkuru