AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Mozambique: Icyambu cya Mocimboa Da Praia cyongeye gukora

Yanditswe Nov, 29 2022 18:24 PM | 228,097 Views



Icyambu cya Mocimboa Da Praia muri Mozambique cyongeye gukora nyuma y'imyaka ibiri kidakora kubera ibikorwa by'iterabwo byibasiye agace giherereyemo.

Guverineri w'Intara ya Cabo Delgado Valige Tauabo ni we kuri uyu wa Kabiri, wagifunguye ku mugaragaro. Avuga ko uyu ari umusaruro w'ubwitange n'ubufatanye bw'inzego z'umutekano w'u Rwanda zifatanyije n'iza Mozambique.

Nkuko byatangajwe ku rubuga rwa Twitter rwa Minisiteri y'Ingabo z'u Rwanda,ngo iki cyambu cyari cyarigaruriwe n'umutwe w'iterabwoba wa Ansar Al  Sunnah bituma imirimo yose yahakorerwaga ihagarara.

Muri Kanama 2021 ni bwo inzego z'umutekano z'u Rwanda zifatanyije n'iza Mozambique zikukanye ibi byihebe mu birindiro bikuru byabyo mu karere ka Mocimboa Da Praia n'utundi duce tugize intara ya Cabo Delgado.

Guverineri w'iyi ntara yashimiye inzego z'umutekano umuhati wazo mu kugarura umutekano mu ntara ya Cabo Delgado ari nabyo byatumye iki cyambu cyongera gukoreshwa.

Kuva muri Nyakanga 2021, ni bwo u Rwanda rwohereje ingabo na Polisi  kugarura amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado yari imaze imyaka 5 yarayogojwe n'ibyihebe. Nyuma yo gutsinsura ibi byihebe ubu hakomeje ibikorwa byo gusubiza abaturage mu byabo no gusana ibyangijwe n'intambara.

Kongera gukora kw'icyambu cya Mocimboa Da Praie ni ikimenyetso cyo kubura kw'ubucuruzi muri uyu mujyi uherereye ku nyanja y'u Buhinde.

Jean Pierre KAGABO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura