AGEZWEHO

  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...
  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yitabiriye inama ngarukamwaka y’Umuryango Concordia

Yanditswe Sep, 22 2021 17:47 PM | 24,483 Views



Kuri uyu wa Gatatu, Minisitiri w’intebe Dr Edouard Ngirente yahagarariye Perezida Kagame mu nama ngarukamwaka y’umuryango mpuzamahanga, Concordia uharanira iterambere ry’imibereho myiza.  

Ubwo yegezaga ijambo ku bitabiriye iyi nama, Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente yavuze ko ibibazo byugarije Afurika muri iki gihe, bisaba imyumvire mishya kubera ibibazo byatewe na Covid 19, bisaba ingufu mu iterambere ry’inganda n’ibikorwaremezo.

Yagize ati “Ibibazo Afurika ihanganye na byo muri iki gihe birasaba imyumvire mishya. Iki cyorezo cya Covid 19 cyagaragaje ko Afurika ikeneye kwigira biruseho mu gushyiraho ingamba zihamye mu rwego rw’inganda n’ibikorwa remezo. Mu ibi biganiro ndashaka kubasangiza amasomo u Rwanda rwakuye mu kwigira mu rwego rw’inganda n’ibikorwaremezo.”

“Ni amasomo twakubira mu bintu 3 by’ingenzi aribyo kongerera ubushobozi urwego rw’abikorera rukaba ku isonga mu iterambere ry’ubukungu ku buryo burambye, guteza imbere ibyo guhanga udushya n’ikoranabuhanga kimwe no kurushaho gushyigikira impinduka mu bijyanye n’inganda n’ibindi bikorwa twahisemo.’’

Minisitiri w’intebe yanabwiye abitabiriye iyi nama ko mu Rwanda havuguruwe itegeko rituma habaho  imikoranire myiza hagati ya Leta n’abikorera, hagamijwe korohereza ishoramari.

“Mu mwaka wa 2016, guverinoma y’u Rwanda yavuguruye itegeko rigena imikoranire ya Leta n‘abikorera. Ubu ni bumwe mu buryo bugena igenzurwa ndetse n’imyubakire y’iyo mikoranire hagamijwe kubaka imikoranire isobanutse, inyuze mu mucyo kandi yorohereza abashoramari. Imikoranire myiza hagati ya Leta n’abikorera twabigize ishingiro ry’ahazaza h’ubukungu bw’u Rwanda.”

 “Ubu u Rwanda rurimo kubaka ikoranabuhanga riruhuza n’isi mu bijyanye n’iterambere ry’ubucuruzi, leta y’u Rwanda kandi yubatse ibyambu bifasha mu bwikorezi bw’Ibicuruzwa.”

Yavuze ko iki cyambu cyatangijwe mu kwakira 2019, kuri ubu kikaba gikora ndetse hari n’imirimo yo kucyagura.





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura