AGEZWEHO

  • Nyakinama: Hagiye gutangwa Impamyabumenye ku bofisiye bakuru 48 baharangije – Soma inkuru...
  • General James Kabarebe yasuye Ingabo z'u Rwanda ziri muri Centrafrique – Soma inkuru...

Minisitiri w’Umutekano mu Bwongereza yashimye ko u Rwanda rumaze gutera imbere mu ikoranabuhanga

Yanditswe Mar, 18 2023 21:26 PM | 44,514 Views



Minisitiri w’Umutekano mu Bwongereza Suella Braverman uri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda, aravuga ko u Rwanda ari igihugu kimaze gutera imbere mu rwego rw’ikoranabuhanga no gusigasira ibidukikije.

Ibi yabitangarije i Kigali nyuma yo gusura imishinga itandukanye y’iterambere.

Mu masaha ashyira saa moya za mu gitondo nibwo Minisitiri w’Umutekano mu Bwongereza, Suella Braverman yageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali.

Aherekejwe n’abayobozi mu nzego zitandukanye yasuye u rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, maze asobanurirwa amateka ya Jenoside yakorewe abatutsi, yunamira abishwe bazira uko bavutse ndetse ashyira indabo ku mva rusange ishyinguyemo imibiri isaga ibihumbi 250.

Mu rwego rwo kumenya iterambere ry’u Rwanda n’uko rwiteguye kuba rwakwakira abimukira n’impunzi binjira mu Bwongereza mu buryo budakurikije amategeko, Minisitiri Suella Braverman yasuye ibikorwa bitandukanye.

Ibi birimo umudugudu ugizwe n’inzu ziciriritse n’izabifite zirimo kubakwa Nyarugenge mu Murenge wa Kigali i Karama ahazwi nka Norvege.

Ni umudugudu ufite umwihariko wo kuba inzu ziwugize zubakishijwe ibikoresho byakozwe mu buryo bwo kurengera ibidukikije.

Uyu mushinga wo kubaka izi nzu ziciriritse umaze gutanga akazi ku bakozi 725 muri bo 38% ni abagore n’abakobwa, bikaba biteganyijwe ko mu cyiciro cya 2 n’icya 3 abaturage 1550 aribo bazahabwa akazi muri uyu mushinga.

Aha harimo abahuguwe muri ubu bwubatsi bugezweho bahabwa n’akazi.

Ni umushinga uzarangira utwaye miriyoni 100 z’amadorari urimo gushyirwa mu bikorwa ku bufatanye bw’abikorera, umushinga AHDI na Leta y’u Rwanda.

Muri gahunda yo gusura ibikorwa bitandukanye mu Rwanda kandi Minisitiri w’Umutekano mu Bwongereza Suella Braverman, yanasuye ikigo cy’ikoranabuhanga cya Norrsken cyubatse mu mujyi wa Kigali.

Ni ikigo gifasha urubyiruko rufite imishinga y’ikoranabunanga, igashyigikirwa hagamijwe kuzana impinduka mu iterambere ry’abaturage.

Kwizera John Patrick



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Kubura abashoramari banini byadindije umushinga wa Gira Iwawe - BRD

Rusizi: Kuba drone zitahagera bidindiza serivisi z'ubuzima n'ubworozi

Musanze: Abaturage 26 borojwe inka n'Itorero ADEPR - Amafoto

Abasenateri batangiye gusura uturere bareba uko abaturage bakemurirwa ibibazo

Abayobozi batandukanye barimo gusura uruganda rutunganya amazi rwa Nzove

Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo

Ubuhamya bw’ababaye kwa Gisimba uherutse kwitaba Imana

Abatuye muri Kigali basabye ko hakwihutishwa imirimo yo kwagura uruganda rw&rsqu