AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Minisitiri w’Intebe yasabye Abanyarwanda gukora cyane ngo ubukungu buzamuke

Yanditswe Aug, 02 2019 13:27 PM | 8,698 Views



Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente wifatanyije n’abitabiriye umuhango wo kwizihiza umuganura i Nyanza mu majyepfo y’Igihugu yasabye Abanyarwanda muri rusange kurushaho gukora cyane kugira ngo ubukungu bw’Igihugu burusheho kuzamuka.

Kuri Stade y’Akarere ka Nyanza ni ho imbaga y’abanyarwanda yahazindukiye kuri uyu wa Gatanu bizihiza umunsi w’umuganura waranzwe n’ibirori byiganjemo iby’umuco nyarwanda nk’imbyino, imikino n’ibindi.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente ari kumwe n’abandi bayobozi bahaye abana amata nk’ikimenyetso cy’ubuyobozi bwiza ndetse n’icya kibyeyi.

Hashimiwe kandi uturere twabaye indashyikirwa mu kugera ku musaruro ushimishije binajyanye n’igisobanuro nyacyo cy’umuganura cyo kwishimira umusaruro uba waragezweho.

Akarere ka Nyagatare kahize utundi ku musaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi na ho Rwamagana ihiga utundi turere ku musaruro ukomoka ku mitangire myiza ya serivisi.

Akarere ka Gasabo kashimiwe  umusaruro ukomoka ku nganda na ho Rubavu ihinga utundi ku musaruro ukomoka ku bucuruzi.


Muri uyu muhango kandi hashimiwe imiryango itatu, yaganujwe ihabwa inka isabwa kuzaganuza abandi mu gihe izi nka zizaba zororotse.

Dr Edouard Ngirente yasobanuye umuganura nk’umwanya wo gusubiza amaso inyuma no kureba ibyagezweho aha aratanga urugero rw’ibyagezweho mu rwego rw’ubuhinzi n’ubworozi nk’urwego rutunze umubare munini w’Abanyarwanda.

Minisitiri w’intebe kandi agaragaza ko umuganura ari n’umwanya wo kureba imbere no gukora cyane mu kuzamura ubukungu bw’umuturage ku giti cye n’ubw’igihugu muri rusange aha araha ubutumwa abakiri bato.

Umunsi w’umuganura kuri iyi nshuro ufite insanganyamatsiko igira iti “Umuganura, isoko y’ubumwe n’ishingiro ryo kwigira.

Uretse  mu Rwanda n’Abanyarwanda batuye mu mahanga mu bihe bitandukanye bafata umwanya bakizihiza uyu munsi bishimira ibyo bagezeho ndetse n’uruhare rwabo ku iterambre ry’Igihugu.

Paul RUTIKANGA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage