AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Minisitiri w’Intebe yahamagariye abayobozi b’imijyi kuzamura ubufatanye

Yanditswe Jul, 21 2021 17:15 PM | 23,315 Views



Minisitiri w'Intebe Dr Edouard Ngirente arahamagarira abayobozi b'imijyi kurushaho gufatanya no guhindura imipaka ishingiro ry'ubucuruzi hagati y'ibihugu n'abaturage babyo.

Yabitangaje kuri uyu munsi wa gatatu w'inama y'ihuriro ry'imijyi ikoresha igifaransa.

Iterambere ry'ubuhahirane hagati y'ibihugu by' Afurika ryakunze kubangamirwa n'imipaka yashyizweho mu gihe cy'ubukoloni kandi nyamara abatuye ibyo bihugu basangiye byinshi.

Mu nama y'abayobozi b'imijyi ikoresha igifaransa bari i Kigali, Minisitiri w'Intebe Dr Edouard Ngirente yagaragaje ko ku bantu bashaka gutera imbere imipaka ikwiye guhinduka ikiraro kibahuza aho kubatanya.

Yagize ati “Ubuhahirane bwambukiranya imipaka bufite uruhare runini mu gukuraho inzitizi mu bukungu bw'imijyi yacu.  Kubera iyo mpamvu kugira ibikorwa remezo byambukiranya imipaka bigezweho ni ingenzi cyane mu kugabanya ikiguzi cy'ubucuruzi no kwihutisha ubuhahirane. Ndashishikariza imijyi ikoresha igifaransa iteraniye hano kimwe n'abagize sosiyete sivile kurushaho gushyigikira ibikorwa bizamura ubufatanye, imibanire myiza n' ikoranabuhanga mu mijyi yacu.”

Kuri iyi ngingo y'ubufatanye umuyobozi w'ihuriro ry'imijyi ikoresha igifaransa akaba n'umuyobozi w'umujyi wa Paris Anne Hidalgo yavuze ko iyi mijyi ikwiye kumva ko ifitanye isano irenze ururimi rw'igifaransa.

Ati “Iri huriro ry'imijyi ikoresha igifaransa ni umwanya wo kugaruka ku mateka, ku mateka y' u Rwanda n'u Bufaransa, amateka y'u Rwanda na francophonie. Francophonie nubwo ari umuryango uhujwe n'ururimi unahujwe cyane cyane n'indangagaciro zishyira imbere ubufatanye n'ubuvandimwe.”

Muri iyi nama Umunyarwandakazi Lydie Hakizimana ni we watoranyijwe nk'umugore w'umwaka mu ihuriro ry'imijyi ikoresha igifaransa aho yashimiwe by’umwihariko umuhate yagize mu guteza imbere uburezi no gufasha mu kurwanya icyorezo cya covid19.

Yagaragaje ugukorera hamwe nka kimwe mu bisubizo byatuma iyi mijyi itera imbere.

Yagize ati “Kugira ngo tubashe kurenga imbogamizi zitwugarije nk'abatuye isi tugomba gukorera hamwe. Ubufatanye hagati y'imijyi, sosiyete sivile n'abikorera ni ingenzi cyane. Binyuze muri iki gihembo twerekanye ko ubufatanye hagati y'abikorera n'umujyi bushoboka kandi butanga umusaruro tukaba duhamagarira buri wese gushyira ingufu muri uru rwego bagakorana n'imijyi n'uturere kugirango dukemure ibibazo mu miryango yacu.”

Bamwe mu bitabiriye iyi nama y'i Kigali bagaragaje ko kuza mu Rwanda bigiye kubafasha kurenga zimwe mu ngorane bahuraga na zo iwabo.

Mawugnon Christian HOUETCHENOU wo muri Benin yagize ati “Uburyo igihugu kitwaye nyuma ya jenoside ni ibintu bidasanzwe, uburyo muyobowe na Perezida Paul Kagame afatanyije n'abandi mwabashije kurenga amateka mabi mukarenagamira ahazaza mwubaka igihugu gikomeye kandi cyunze ubumwe nta we uhejwe.”

Na ho umunya Niger Aboubakar EL HADJ MAMADOU ABBA ati “Twafashijwe cyane n'ubunararibonye bw'u Rwanda kongera kwiyubaka nyuma ya jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ndakeka ko ibyo twabwiwe bizafasha Niger ishakisha uko yakwimakaza ubufatanye n'imibanire myiza.”

Nyuma y'ibiganiro bitandukany abitabiriye inama y'imijyi ikoresha igifaransa basuye urwibutso rwa jenoside yakorewe abatutsi rwa Kigali ruri ku Gusozi basobanurirwa amateka yaranze u Rwanda kugeza kuri jenoside. Basuye kandi n'ingoro y'amateka y'urugamba rwo guhagarika Jenoside iri ku Kimihurura ahari ingoro y’inteko ishinga amategeko.

Jean Damascene MANISHIMWE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage