AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Minisitiri w'Ingabo wungirije muri Malawi yasuye Umudugudu w'Icyitegererezo wa Kinigi

Yanditswe Oct, 13 2021 16:08 PM | 43,933 Views



Kuri uyu wa Gatatu, Minisitiri w'Ingabo wungirije muri Malawi, Jeannette Sendeza yatangaje ko gusura Umudugudu w'Icyitegererezo wa Kinigi n'Ishuri Rikuru rya Gisirikare byose biherereye mu Karere ka Musanze, ari isomo rikomeye Igihugu cye kigiye ku iterembere ry'abaturage n'Igihugu muri rusange Ingabo zibigizemo uruhare.

Muri uru ruzinduko rw’intumwa 9 zirimo n'Umugaba Mukuru w'Ingabo za Malawi, Gen Vincent Nundwe basuye Umudugudu w'Icyitegererezo wa Kinigi watujwemo imiryango 139, ibice byawo birimo Ikigo Nderabuzima cya Kinigi cyavuguruwe, aho abaturage batuye, Irerero ry'abana bato n'icyumba cy'ikoranabuhanga.

Ni igikorwa abatujwe muri uyu Mudugudu bavuga ko kibahesha agaciro kubera ubuyobozi bwiza bafite.

Izi ntumwa zanasuye kandi Ishuri Rikuru rya Gisirikare, Rwanda Defence Command and Staff College ryatangijwe na Perezida wa Paul Kagame muri Nyakanga 2012.

Beretswe uburyo abanyeshuri biga n'uburyo babayeho bakaba bategurwa kuba ba Ofisiye bafite ubumenyi bwo ku rwego rwo hejuru mu kuyobora abasirikare, ngo bahangane n'ibintu byose bihungabanya umutekano muri iki gihe.

Izi ntumwa zari kumwe n'iz'u Rwanda zari ziyobowe n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, Gen Kazura Jean Bosco.

Uruzinduko rw'iminsi itanu izi ntumwa za Malawi zigirira mu Rwanda kuva ku cyumweru, ruje rukurikira  urw'Intumwa z'u Rwanda zagiriye muri Malawi muri Nzeri uyu mwaka, aho ibihugu byombi bihamya ko bigamije gushimangira umubano n'ubufatanye burambye.

Uwimana Emmanuel



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira