Yanditswe Nov, 19 2019 18:31 PM | 14,440 Views
Minisitiri w’Ingabo wa
Gambia, Sheikh Omar Faye ari mu ruzinduko mu Rwanda aho asura Minisiteri
y’Ingabo z’u Rwanda kuva tariki 18-23 Ugushyingo 2019.
Impamvu y’uruzinduko rwe ni ukwigira ku Rwanda ku bijyanye n’imiterere n’imikorere ya Minisiteri y’Ingabo, bareba ibyabafasha kubaka urwego rwabo ndetse n’imbogamizi bijyanye no kubaka imivugururire y’inzego zabo z’umutekano.
Nyuma yo gusobanurirwa imikorere ya Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda, Minisitiri w’Ingabo wa Gambia Sheikh Omar Faye yagiranye ikiganiro cy’umwihariko na Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Maj Gen Albert Murasira. Ikiganiro cyabo kibanze ku buryo bwo gushimangira umubano n’ubufatanye bw’ibihugu byombi.
Minisitiri w’Ingabo za Gambia yagize ati“ U Rwanda ni igihugu cy’inshuti ya Gambia kuva kera, turashimira cyane abakuru b’ibihugu Perezida Kagame na Perezida Barrow ku guteza imbere ubufatanye n’ubumwe bwa Afurika. Iyi ni na yo mpamvu nyamukuru itumye twaje mu Rwanda. Hanyuma igikurikira turashaka kubaka ubufatanye bukomeye, ni ukuvuga birashoboka ko twohereza abasirikare bacu bakitoreza hano, ndetse Abanyarwanda na bo bashobora kuza muri Gambia bakareba ibyo twagezeho, bityo tugafataniriza hamwe kubaka ubushobozi haba mu rwego rw’ingabo ndetse n’izindi nzego”.
Haciye igihe gito, Sheikh Omar Faye ashyizweho na Perezida wa Gambia mu mwanya wo kuyobora Minisiteri y’Ingabo, nyuma y’imyaka myinshi uru rwego rukorera muri Perezidansi ya Gambia.
Muri uru ruzinduko Minisitiri w’Ingabo ari kumwe n’Umunyamabanga muri Minisiteri y’Ingabo hamwe n’abandi bakozi ba Minisiteri babiri.
Sheikh Omar Faye akaba yanashyikirije indamukanyo ya Perezida wa Gambia Adama Barrow kuri mugenzi we Perezida wa Repuburika y’u Rwanda, Paul Kagame.
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru