AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Minisitiri Louise Mushikiwabo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Yanditswe Apr, 26 2016 09:56 AM | 3,143 Views



Ministre w’ububanyi n’amahanga Louise Mushikiwabo uri mu ruzinduko rw’akazi muri US, yaraye atanze ikiganiro mu ishuli ryitwa The Elliott School of International Affairs, ni ishuli ryigisha ibijyanye n’ububanyi n’amahanga muri kaminuza yitiririwe George Washington, the George Washingtton University.

Ni ikiganiro cyagarutse ku mahirwe agaragara mu burasirazuba bwa Afrika bigendeye ku kwihuza kw’ibihugu byo mu karere, Ministre Louise Mushikiwabo yerekanye ko u Rwanda ruherereye muri Afrika yo hagati ndetse n’iy’ibirasirazuba, kandi ko kwishyira hamwe kw’ibihugu bifite inyungu nyinshi ku banyarwanda.

Yagize ati kwishyira hamwe n’abaturanyi bifasha mu gushaka uko iterambere ryakwihuta muri hamwe, byo kandi bisaba ubufatanye bwa bose ndetse n’ubushake bwa politike.

Ministre Louise Mushikiwabo kandi yagiranye ibiganiro na Senator Rounds Mike, Senateri wo muri leta ya Dakota y’amajyepfo, iminsi ishize nawe wari mu Rwanda, mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka. 




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama