AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Minisitiri Gatabazi yatashye Imidugudu y’abatishoboye muri Kicukiro

Yanditswe Jun, 13 2021 18:01 PM | 46,043 Views



Kuri iki Cyumweru, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Jean Marie Vianney Gatabazi yatashye ku mugaragaro Imidugudu 3 iri mu Murenge wa Masaka mu karere ka Kicukiro, irimo Imidugudu ibiri irimo inzu 195 zatujwemo imiryango itishoboye.

Ni Imidugudu y’inzu yo mu bwoko bw’inzu iri muri imwe cyangwa two in one.

Ziri mu Mudugudu wa Gicaca, na Cyankongi ndetse n’indi nzu iri mu kagari Ayabaraya yo bwoko bw’inzu umunani muri imwe cyangwa Eight in one yatujwemo imiryango 16.

Bamwe mu baturage batujwe muri izo nzu bavuga ko bishimiye ko bahawe inzu zo kubamo, kuko zatangiye guhindura imibereho yabo mu buryo bukomeye kuko mbere bari babayeho mu buzima bubi cyane badafite aho barambika umusaya.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Umutesi Solange, avuga ko akarere gafite ingamba zo gufasha n’abandi baturage badafite amacumbi bakayabona kandi bagiye gukurikirana ibibazo bijyanye n’imibereho abatujwe muri iyo midugudu bagihura nabyo.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Gatabazi, yasabye abaturage gufata neza izi nzu bahawe ngo bumve ko bafite inshingano yo kuzisana ngo zitangirika.

Avuga ko gahunda yo gutuza abanyarwanda mu Midugudu binubaka ubumwe bw’abanyarwanda.

Avuga ko hanakwiye gutekerezwa uburyo bwo gutuza abaturage mu buryo bukoresha neza ubutaka hagasigara ubwo guhinga.

Minisitiri Gatabazi yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze gukurikirana uburyo abaturage batuzwa mu midugudu uko babayeho, no kumenya ibibazo bahura nabyo nk’ibikorwaremezo nk’amavuriro, amazi, amashanyarazi, amasoko,  n’ibindi no gutekereza imishinga y’iterambere yabafasha mu mibereho.

Avuga ko imidugudu yose yo mu gihugu hagomba kureba uburyo abayirimo begerezwa serivise z’ibanze zose bakenera kandi abayobozi b’inzego zibanze bakabikurikirana.

Izi nzu zifite  agaciro ka Miliyari 1.2 z’amafaranga y’u Rwanda.

Bienvenue Redemptus



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage