AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Minisitiri Gatabazi yasabye ubuyobozi mu Majyepfo kugabanya inama za hato na hato

Yanditswe Sep, 07 2021 14:11 PM | 74,624 Views



Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi  watangiye uruzinduko rw’iminsi itatu mu Ntara y’Amajyepfo, yasabye abayobozi bo mu nzego z'ibanze kugabanya inama za hato na hato ziba nyirabayazana wo kudindiza ikemurwa ry'ibibazo by'abaturage.

Ibi yabigarutseho ubwo yatangizaga ku mugaragaro inteko z'abaturage, nyuma y'uko zari zarahagaritswe n'icyorezo cya Covid 19.

Gatabazi yavuze ko bimaze kugaragara ko hari abaturage basiragizwa mu nzego zo hasi ku bibazo runaka, nyamara hatabuze umwanya wo kubikemura ahubwo ko ababishinzwe birirwa mu nama bigatuma ibi bibazo bidakemukira igihe.

Aha Gatabazi yasabye ko inzego bireba zigomba gukora aho bwabaga, bagashyira imbaraga mu gukemura ibibazo by'abaturage cyane cyane muri ibi bihe bya Covid 19 byabaye nyirabayazana, hagahagarikwa inteko z'abaturage ibyinshi byakemukiragamo.

Akimara gufungura ku mugaragaro inteko z'abaturage, Gatabazi ahise yakira ibibazo bitari bike by'abaturage bamaranye igihe kitari gito.

Bamwe mu baturage bishimiye cyane kongera gukomorerwa gukora inteko z'abaturage, kuko zagiye ziba kenshi umuyoboro w'ibisubizo byabo mbere ya Covid 19.

Aba baturage bavuga ko Covid 19 kuba yaratumye inteko z'abaturage zihagarara, byatumye ibibazo bajyaga bikemurira bihagarara biba ngombwa ko bajya mu nkiko abandi bagasiragira mu nzego z'ibanze.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize