AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Minisitiri Gatabazi avuga ko urubyiruko rw’abakorerabushake rufite inshingano zo kwita ku baturage

Yanditswe Jun, 05 2022 11:12 AM | 82,218 Views



Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi aravuga ko urubyiruko rw’abakorerabushake rufite inshingano zo kwita ku baturage, ariko bakanabijyanisha n’imyitwarire myiza.

Yabitangaje ubwo urubyiruko rw’abakorerabushake rugera kuri 233 rwo mu Ntara y’Amajyaruguru rwatangiye amahugurwa y’iminsi 7 i Gishari mu karere ka Rwamagana, aho bazahugurwa kuri gahunda zitandukanye ziganisha ku iterambere n’imibereho myiza y’abaturage. 

Minisitiri Gatabazi avuga ko uru rubyiruko rukwiye kugira uruhare mu mibereho myiza, ariko bikajyano no kuba intangarugero mu byo bakora

Bamwe mu bayobozi b’Uturere mu ntara y’Amajyaruguru, bavuga ko uru rubyiruko rutanga umusanzu ukomeye mu kumenyekanisha gahunda za Leta mu baturage.

Mu rwego rwo kurushaho gukarishya ubumenyi bw’uru rubyiruko rw’abakorerabushake mu ntara zose z’igihugu, abo mu ntara y’Amajyaruguru barahabwa amahugurwa afite insanganyamatsiko igira iti "Uruhare rw’urubyiruko mu iterambere n’imibereho y’abaturage’’, aho bigishwa kugira uruhare muri gahunda zigamije guteza umuturage imbere. 

Bamwe muri uru rubyiruko bavuga ko n’ubwo bari basanzwe bakora, nyuma y’aya mahugurwa bazatanga umusanzu ufatika.

Mu Rwanda habarirwa urubyiruko rw’abakorerabushake rusaga 4870 rukaba rwarakunze kugaragara cyane mu gukangurira abaturage gushyira mu bikorwa amabwiriza yo kwirinda Covid 19, aho kuri ubu bongerewe inshingano z’ubukangurambaga muri gahunda za Leta.

Mbabazi Dorothy



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura