AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Minisitiri Biruta yasuye ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique

Yanditswe Jan, 14 2022 21:22 PM | 18,257 Views



Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Vincent Biruta yasuye ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique, azishyikiriza ubutumwa bwa Perezida Kagame bwo kuzifuriza umwaka mushya muhire no kuzishimira ubwitange zikomeje kugaragaza mu kazi zirimo.

Muri uru ruzinduko, Minisitiri Biruta yari kumwe na Brig Gen Vincent Nyakarundi ushinzwe ubutasi muri RDF.

Muri uru ruzinduko, Minisitiri Biruta yagejeje kuri aba basirikare ubutumwa bwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda bubifuriza umwaka mushya muhire no kubashimira ko buzuza inshingano zabo no kurangwa n’ikinyabupfura no gukora kinyamwuga.

Minisitiri Biruta yagejeje kuri izi ngabo uko umutekano wifashe mu gihugu, ndetse n’imbaraga igihugu cyashyize mu guhangana na Covid19, harimo no gutanga inkingo ku baturage.

Yanabagejejeho uko umubano n’ibihugu bituranyi wifashe.

Brig Gen Nyakarundi yasabye aba basirikare gukomeza guharanira gusohoza neza inshingano zabo.

Kugeza ubu u Rwanda nicyo gihugu gitanga ingabo nyinshi ziri mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro muri Centrafrique.


James Habimana




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira