AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Minisitiri Biruta asanga mu mahanga guhakana jenoside yakorewe abatutsi biteye impungenge

Yanditswe Oct, 21 2021 15:08 PM | 54,770 Views



Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga, Dr.Vincent Biruta avuga ko hagaragara kwiyongera guteye impungenge kw’abahakana Jenoside yakorewe abatutsi cyane cyane mu burayi no muri Amerika ya ruguru.

Mu kiganiro gifite insanganyamatsiko igira iti''Uruhare rwa za Ambassade z'u Rwanda  mu kurwanya ihakana n'ipfobya rya Jenoside yakorewe abatutsi'',cyabaye hifashishijwe ikoranabuhanga Ministri Biruta yagaragaje ibyo ngo bikorwa binyuze mu gukoresha imbuga nkoranyambaga ndetse n'izindi mbuga z'itumanaho n'inkuru mu bitangazamakuru ndetse n'inama.

Ababikora ngo babinyuza mu buryo butandukanye  harimo abitwaza ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo, guhakana byimazeyo Jenoside yakorewe abatutsi,kugoreka amateka no kuvuga ko habaye Jenoside ebyiri mu Rwanda.

Minisitiri Biruta avuga ko mu guhangana n'icyo kibazo, hategurwa inama cyangwa inyigisho zirwanya guhakana, hari kandi gushyiraho inzibutso za Jenoside yakorewe abatutsi mu bihugu by'amahanga.                                          

Perezida wa Komisiyo y'Ububanyi n'Amahanga, Ubutwererane n'Umutekano muri Sena y'u Rwanda  Bideri John Bonds ndetse n'abasenateri muri rusange bagaragaje ko hari ibikwiye kongerwamo ingufu mu guhangana n’ icyo kibazo.

Yagize ati "Cyane cyane ni ugukomeza  kwegera ibihugu bitari byashyira mu mategeko yabyo ihakana n'ipfobya rya Jenoside yakorewe abatutsi, hari bike bimaze kubikora ariko hari n'ibindi  byinshi bitari byabikora,nkuko tubizi, bisaba ubushake bwa politiki muri ibyo bihugu.Umugambi wa bariya bahakana Jenoside uba ugamije gukomeza gusenya ubumwe bw'Abanyarwanda no gukomeza intego bari bafite yo gutsemba imbaga y'Abanyarwanda nkuko babikoze,ni yo mpamvu baba bagomba kurwanywa."   

Na ho Senateri Emmanuel Havugimana ati "Dukunze kuvuga ko ibihugu ibi n'ibi byaduhaye abantu bakekwaho icyaha cya Jenoside bakaza mu Rwanda bagacirwa imanza ariko iyo urebye lisiti ya biriya bihugu byabatanze usanga atari byo bifite benshi, abakoze Jenoside benshi bari mu bihugu bya Afurika, iyo urebye ibihugu bya Afurika bimaze kubatanga usanga ari bike cyane,abo bayikoze bari mu bihugu bitari kure yacu,mu bihugu 4 bidukikije, Congo Brazaville, Gabon, Malawi...nibaza uruhare rw'abanyafurika ni uruhe, muri AU icyo kibazo kijya kiganirwaho kugira ngo  ibyo bihugu bimenye ko bicumbikiye abakekwaho uruhare runini muri jenoside.?

Senateri André Twahirwa asanga hari igikwiye gukorwa mu kurwanya ingengabitekerezo "Urebye Ibuka zihari mw' isi yose ntago zirenze 10 mu hantu hari diyaspora 68, nkibaza icyakorwa kugira ngo ahatari ibuka, ambassade ikorane n'Abanyarwanda Ibuka igeho."

<iframe width="560" height="315" src="https://www.youtube.com/embed/PHt1t1TMA8g" title="YouTube video player" frameborder="0" allow="accelerometer; autoplay; clipboard-write; encrypted-media; gyroscope; picture-in-picture" allowfullscreen></iframe>

Carine UMUTONI



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage