AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Mineduc yiyemeje gukemura burundu ibibazo bikigaragara muri gahunda yo kugaburira abana ku mashuri

Yanditswe Dec, 15 2021 19:15 PM | 61,004 Views



Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko ibibazo bikigaragara muri gahunda yo kugaburira abana ku mashuri, bizaba byakemutse mu gihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka w’amashuri.

Muri uyu mwaka w’amashuri gahunda yo kugaburira abana ku mashuri yaragutse maze igera no mu mashuri abanza nyuma y’uko muri 2019 yari yatangiriye mu yisumbuye gusa.

Minisitiri w'Uburezi, Dr. Uwamariya Valentine yavuze ko mu nzitizi iyi gahunda yahuye nazo, ni uko muri uyu mwaka yagenewe ingengo y’imari idahagije.

Ibi bikubiye mu bisobanuro yahaye abadepite bagize komisiyo y'ubumwe bw'abanyarwanda, uburenganzira bwa muntu no kurwanya jenoside. 

Ni ibibazo byagaragajwe na komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu kuri gahunda yo kugaburira abana nyuma yo kuyikoraho ubugenzuzi.

Uretse uruhare rwa leta, komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu yasanze n’ababyeyi batubahiriza inshingano zabo uko bikwiye.

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu , Gatabazi Jean Marie Vianney avuga ko gushyiraho komite ishinzwe gahunda yo kugaburira abana ku mashuri, kuri buri shuri ari kimwe mu byitezweho gutanga ibisubizo.

Kugeza ubu abana bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye basaga miliyoni 3.6 nibo bagomba kugaburirwa ku mashuri.


Divin Uwayo



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira