AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Mineduc yijeje ko imikoreshereze mibi y’umutungo muri UR igiye gukemuka vuba

Yanditswe Jul, 27 2021 13:42 PM | 25,696 Views



Minisiteri y'Uburezi iratangaza ko ibibazo by'imikoreshereze n'imicungire mibi y'imari n'umutungo muri Kaminuza y'u Rwanda, byahawe umurongo ku buryo mu myaka ya vuba bizaba byakemutse.

Iyi Minisiteri iravuga ibi mu gihe umugenzuzi mukuru w'imari ya leta, yakomeje gutunga agatoki Kaminuza y'u Rwanda kubera amakosa akomeye y'imicungire n'imikoreshereze mibi y'imari n'umutungo kuva yajyaho.

Kuva Kaminuza y'u Rwanda yajyaho muri 2013 nta mwaka n'umwe urirenga idatunzwe agatoki n'umugenzuzi mukuru w'imari ya leta kubera imikoreshereze n'imicungire mibi y'imari n'umutungo bisa n'ibimaze kuba karande muri iyo kaminuza.

Raporo y’umugenzi mukuru w’imari ya Leta igaragaza ko hari abantu ku giti cyabo n'inzego ziyifitiye umyenda ubarirwa hafi muri miliyari 7 ariko ku rundi ruhande nayo ikaba ifite umwenda usaga miliyari 8 ibereyemo abandi.

Ubwo yatanganga ibisobanuro mu nyandiko ku bibazo bimaze igihe bigaragara muri Kaminuza y’u Rwanda bijyanye n’imicungire y’imari n’umutungo n’ikoranabuhanga rya IEBMIS ritabyazwa umusaruro, Minisitiri w’Uburezi Dr. Valentine Uwamariya yagaragarije Inteko rusange y'umutwe w'abadepite, ko byinshi muri ibyo bibazo bikomoka ku bigo byahujwe hakorwa Kaminuza y'u Rwanda imwe, akavuga ko na mbere y'uko bihuzwa nta kigo na kimwe muri byo cyari gifite raporo ntamakemwa.

Minisitiri Uwamariya yavuze ko 78% y'ibyo bibazo, Kaminuza yatangiranye nabyo ubwo yashyirwagaho mu gihe 22% ari byo byavutse nyuma.

Muri rusange rero kaminuza y'u Rwanda ifite imyenda ibereyemo abantu irenga miliyari 14 mu bitabo byayo kuva igihe yatangirirye. Icyo kaminuza yakoze rero nanone ikomeza gushakisha ayo makuru ku buryo iyabonewe ibisobanuro irenga miliyari 4  yamaze kwishyurwa naho andi arenga miliyari 8 nta bisobanuro cyangwa inyandiko ziyisobanura ku buryo yakwishyurwa. 

Amwe muri ayo mafaranga menshi akomoka ku misanzu ya RSSB itaragiye itangwa hagati y'imyaka ya 1999 na 2008 ndetse no mu myaka yakurikiyeho. Ikindi yenda twavuga kaminuza yakoze ni uko ubu hariho itsinda riri gucukumbura ibirarane byose bya RSSB. Hamaze kwigwa dosiye zirenga 1 900 ariko iki gikorwa kiracyakomeje.

Ku rundi ruhande ariko ngo ibyo bibazo byagiye bigabanyuka binyuze mu mavugururura yakozwe,  mu mikorere ya kaminuza binatuma ibyo bibazo biva kuri 246 yatangiranye bigera kuri 52 ubu.

Yanasabye ko Kaminuza y’u Rwanda yakwemererwa ko imyenda imaze igihe kirekire idafite inyandiko ziyisobanura yatandukanwa n’ibindi, igakomeza gukurikiranwa mu uburyo bwihariye, igatangirwa raporo bihoraho igihe hatanzwe raporo y’ibaruramari, ikagenzurwa n’umugenzuzi mukuru w’imari ya lera igihe cy’igenzura.

Minisitiri w'Uburezi yatanze ibisobanuro mu nyandiko nyuma yaho mu kwezi gushize kwa Kamena inteko rusange y'umutwe w'abadepite itari yanyuzwe n'ibisobanuro mu magambo, icyakora kuri iyi nshuro ikaba yanyuzwe n'ibisobanuro mu nyandiko.

Divin Uwayo





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira