AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Mineduc yemeje ko Kaminuza y'u Rwanda igiye kubona urutonde rwuzuye rw'umutungo wayo

Yanditswe Jun, 15 2021 18:58 PM | 55,372 Views



Minisiteri y'Uburezi irizeza ko ukwezi kwa Munani uyu mwaka, kuzarangira Kaminuza y'u Rwanda ifite urutonde rwuzuye rw'umutungo wayo ndetse mu minsi iri imbere imwe mu mitungo yayo ikazegurirwa abikorera kugirango ibyazwe umusaruro uko bikwiye.

Ibi bikaba ari bimwe mu bisubizo Minisitiri w'Uburezi Dr Valentine Uwamariya yahaye inteko rusange y’umutwe w’abadepite kuri uyu wa kabiri, ubwo yatangaga ibisobanuro mu magambo ku bibazo by'imicungire mibi y'imari n’umutungo  muri kaminuza y'u Rwanda.

Ikibazo cy’imicungire mibi y’imari n’umutungo muri Kaminuza y’u Rwanda si gishya, ugendeye kuri raporo zitandukanye z’umugenzuzi mukuru w’imari ya leta.

Umugenzuzi mukuru w’imari ya leta, Obadiah Biraro avuga ko nawe ubwe azi imiterere y’iki kibazo cy’imicungire mibi kiri muri iyi Kaminuza.

Ibyo bishimangirwa na raporo y’umugenzuzi mukuru w’imari ya leta ya 2019/2020, igaragaza ko Kaminuza y’u Rwanda itazi umutungo wayo wose, byumwihariko hakaba hari ibibanza 55 idafitiye ibyangombwa.

Ni ibintu bamwe mu badepite bavuga ko bitumvikana ku rwego nka Kaminuza y’igihugu.

Ubwo yatangaga ibisobanuro  ku bibazo by'imicungire mibi y'imari n’umutungo  muri Kaminuza y'u Rwanda, Dr Uwamariya yijeje inteko rusange y’umutwe w’abadepite ko iki kibazo cyizaba cyakemutse bitarenze ukwezi kwa Munani  uyu mwaka.

Ku kibazo cy’imitungo imwe n’imwe itabyazwa umusaruro uko bikwiye, ahatanzwe urugero rwa zimwe mu nyubako za Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, Minisitiri w’uburezi yahishuye ko hari gahunda yo kuzegurira abikorera ngo bazibyaze umusaruro uko bikwiye.

Mu rwego rwo kunoza imicungire y’imari n’umutungo kimwe na serivisi zayo, Kaminuza y’u Rwanda iherutse gushyiraho abakozi bashya 11 bafite ubumenyi n’ubushobozi bwihariye mu bijyanye n’imicungure y’imari n’umutungo, bakaba bitezweho gufasha iyi kaminuza guhindura isura yayo yamaze kwangirika mu bijyanye n’imicungire y’imari, umutungo, amasoko n’andi masezerano.

Divin Uwayo



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura