AGEZWEHO

  • Kenya yatangiye icyunamo cy'Umugaba Mukuru w'Ingabo wapfiriye mu mpanuka – Soma inkuru...
  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...

Mineduc yavuze ko izakurikirana abanyeshuri bagaragaye bangiza bimwe mu bikoresho bigiragaho

Yanditswe Jul, 30 2021 19:02 PM | 48,453 Views



Minisiteri y’Uburezi yavuze ko izakurikirana kandi igahana abanyeshuri bagaragaye mu mashusho bangiza bimwe mu bikoresho bigiragaho, nyuma yo kurangiza ibizamini bisoza amashuri yisumbuye umwaka wa 2021.

Ni nyuma y’aho abantu batandukanye hirya no hino mu gihugu bagaragaje ko bababajwe n'iyi myitwarire bamwe bakanabihuza n’uburere buke.

Imbuga nkoranyambaga zirimo Watsapp, Facebook na twitter zanyeganyejwe n’aya mashusho agaragaramo umukobwa wicaye ari gutwika amakayi n’ibitabo, ari nako abivugiraho amagambo.

Hari n’aho abasore n’inkumi babyinira ku mpapuro, ibyo bamwe bagereranije no kuba inkandagirabitabo

Umukobwa utwika amakayi n’ibitabo byamenyekanye ko arangije kwiga,  mu kigo cyitwa Friend School of Kamembe mu karere ka Rusizi, umuyobozi w’iri shuri Pasteur Sebatunzi Bicunda yavuze ko uwo mwana w’umukobwa yari asanganywe ibibazo mu mitekerereze.

Naho amashusho  abandi banyeshuri bagaragayemo basimbagurika ku mpapuro izindi baziterera hejuru nta ntera bahanye, abandi batanambaye agapfukamunwa muri ibi bihe bya Covid 19, bo ni abo muri Giheke TVET School mu karere ka Rusizi n’ubundi.

Umuyobozi w’iri shuri, Ntirenganya Christian Jean Baptiste wanavuze ko hari ibindi bikoresho basanze byangijwe n’aba banyeshuri yagaragaje akababaro gakomeye cyane.

Abantu batandukanye haba ku mbuga nkoranyambaga no kuri mikoro za RBA, bababajwe kandi banenga  iyi myitwarire bavuga ko igayitse.

Aba bana ntitwabashije kugira n’umwe tubona cyangwa ababyeyi babo.

Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya valentine yavuze ko atari aba gusa, ariko aba bo bagiye gukurikiranwa bakanahanwa.

Abakurikiranira hafi uburezi muri iyi minsi barasaba ko inzego zitandukanye zikwiye guhagurukira rimwe zikita ku myitwarire y’abana, muri iki gihe babona ko igenda yangirika buhoro buhoro

N’ubwo aba b’i Rusizi ari bo bamamaye cyane, Minisitiri w’Uburezi ivuga ko iki kibazo kiri hirya no hino mu gihugu, gusa na none akavuga ko isura y’uburezi idakwiye kureberwa muri iyi ndorerwamo y’aba bake bakoze ibi muri benshi bagifite uburere.

Theogene Twibanire




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira