AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Minaloc yahaye umukoro abazatorwa mu matora y’inzego z'ibanze

Yanditswe Oct, 10 2021 16:29 PM | 50,741 Views



Mu gihe mu Rwanda hitegurwa amatora y’inzego z’ibanze guhera tariki 23 z ‘uku kwezi, Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu ivuga ko abazatorwa bafite inshingano nyamukuru yo gufasha umukuru w'igihugu kwihutisha gahunda aba yaremereye abaturage igihe bamutoraga.

Bamwe mu baturage bavuga ko bashima byinshi bimaze kugerwaho ariko hari n'ibindi biteze ku bagize inzego z'ibanze benda gutorwa, birimo kunoza imitangire ya serivise ndetse no gukorerwa ubuvugizi ku bikorwa by'iterambere baba bifuza.

Ingabire Marie Jeanne utuye mu Mujyi wa Kigali yagize ati ''Tuyiteguye neza, inzego z'ibanze tuzitezaho iterambere, ubuyobozi bwiza, kudufasha kurwanya ruswa kuko niyo cyane yibasiye abayobozi b'inzego z'ibanze, tubatezeho serivise nziza, ikintu twumva bakosora ni ugufasha abaturage kwirinda gusiragira ku Mudugudu."

Sindayigaye Celestin we yagize ati ''Nk'abaturage twiteguye gutora neza, ni ngombwa gutora ingirakamaro. Icyo twifuza ku bayobozi bashya bazatorwa  ni ukutugeza ku iterambere no gushaka icyatuma umuturage agira imibereho myiza. N'ubundi ubuyobozi buriho basanzwe baduha serivise nziza ariko buriya hagize icyaba kitagenda neza twifuza ni uko abayobozi batorwa bazamura imyumvire kugira ngo n'ikitagenda neza bazagikosore.''

Perezida wa Komisiyo y'Igihugu y'Amatora, Prof Kalisa Mbanda agaragaza ko ubufatanye hagati ya Komisiyo y’Igihugu y’Amatora n’abanyarwanda b’ingeri zose, ari ihame ryibanze akagaragaza umwihariko uzaba uri muri aya matora harimo no gukoresha ikoranabuhanga mu kwirinda Covid19.

Yagize ati ''Umwihariko ni ugutoresha mu gihe cy'icyorezo tugomba gutora mu buryo amatora ataba imbarutso yo gukwirakwiza icyorezo mu banyarwanda, kutiyamamaza abantu bagenda bakora inama hirya no hino kohereza candidature, icyo gihe abemerewe kwiyamamaza bakoresha imbuga zisanzwe, iyo amatora aje twibutsa abanywarwanda kwibuka ko ari abanyarwanda ko aribo bayobora igihugu cyabo bagitorera abayobozi beza bishoboka, turabasaba rero kugira amatora ayabo bakayitabira.''

Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi avuga ko abayobozi b'inzego z'ibanze bafite inshingano y'ubukangurambaga, gushyira mu bikorwa gahunda za leta zikorerwa ku rwego rw'abaturage, kunoza by'umwihariko no gufasha umukuru w'igihugu kwihutisha gahunda aba yaremereye abaturage igihe bamutoraga.

Ati ''Ni nayo nshingano nyamukuru wageze mu karere ukaba uziko ibyo Perezida yemereye abaturage ari ibi kuko ibyo Perezida aba yabemereye abaturage biba bikubiye muri za gahunda nyinshi zagiye zisobabanurwa, ubwo rero ugomba gukora uko ushoboye kose kugira ngo zigerweho. Ikindi kugira ngo bigerweho ni ugukomeza kuvugurura imitangire ya serivise abaturage bagira ibibazo hagati yabo n'inzego, ibibazo hagati yabo n'iyindi mishinga iri kuhakorerwa n'abashoramari na ba rwiyemezamirimo, hari ibyo baba bakeneye nka serivise zibafasha kongera umusaruro, ibibazo  by'abaturage bigomba gukemuka.''

Komisiyo y'igihugu y'amatora iherutse kugaragaza ko ku bijyanye n’ingengo y’imari, ingengo y’imari y’umwaka 2020-21 yakoreshejwe ku rwego rwa 44.1% kubera ibikorwa by’amatora byakomwe mu nkokora na Covid-19.

Kuri ubu hateguwe ingengo y'imari y’amatora ari imbere ingana na Miliyari 1.9 Frw.

Bienvenue Redemptus




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage