AGEZWEHO

  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...
  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...

Amafaranga miliyari 35 niyo yahererekanyijwe nka ruswa mu Rwanda mu 2017

Yanditswe Feb, 22 2018 15:51 PM | 12,587 Views



U Rwanda rwazamutseho imyanya 2 mu bihugu byarwanyije ruswa, aho ruri ku mwanya ku mwanya wa 48 ku isi nk’uko bigaragazwa n’icyegeranyo cy’umuryango urwanya ruswa n’akarengane ku isi (Transparency International) cy’umwaka wa 2017. Ni mu gihe miliyari zisaga 35 z'amafaranga arizo zatanzwe mu byaha bifitanye isano na ruswa muri 2017.

Icyo cyegeranyo kizwi nka Corruption Perception index gikorwa buri mwaka, cyerekana ko ku rwego rw’isi u Rwanda rwazamutseho imyanya 2 kuko umwaka wa 2016 rwari ku mwanya wa 50, mu gihe uwa 2017 rwageze ku wa 48, binahurirana no kuba amanota yaravuye kuri 54% akaba 55%.

Umuyobozi nshingwabikorwa wa Transparency international ishami ry’u Rwanda Apollinaire Mupiganyi asobanura ko nubwo miliyari zisaga 35 z’amafaranga y’u Rwanda zatanzwe mu bikorwa bya ruswa mu mwaka wa 2017, ruswa igomba gukomeza kurwanywa. Yagize ati, "Byibuze miliyari 35 nizo zagiye hagati y’uwatse cyangwa uwatanze ruswa, ayo ni amafaranga menshi cyane nk’uko twabigaragaje hari gahunda nyinshi igihugu cyakwiye kuba cyageraho. Mu mwaka wa 2017 mu gipimo twashyize ahagaragara byibuza ibihumbi 36 byatanzwe na miliyoni imwe na 600 urumvako umukene atabona service."

U Rwanda ruri ku mwanya wa gatatu mu bihugu birimo ruswa nke byo munsi y’ubutayu bwa Sahara, ruwuhuriyeho na Cape verde, mu gihe igihugu cya mbere ari Botswana ikurikirwa n’ibirwa bya Seychelles, ariko u Rwanda rukaba urwa mbere mu bihugu bigize umuryango wa Afrika y’iburasirazuba.

Umuvunyi mukuru wungirije ushinzwe gukumira ruswa Musangabatware Clement ashimangira ko nubwo u Rwanda rwanazamutseho inota 1 muri 2017 kuko rufite amanota 55% ruvuye kuri 54% umwaka wa 2016, hafashwe ingamba zo gukomeza guhangana n’ibyaha bya ruswa.

Transparency International igaragaza ko impuzandengo y’amanota yo ku rwego rw’isi mu kurwanya ruswa iri ku gipimo cya 43% naho muri Afrika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara iri ku gipimo cya 32%.

Igihugu cya New Zealand nicyo kiyoboye urutonde rw’ibihugu ku isi birimo ruswa nke cyane n’amanota 89, naho Somalia ikaza ku isonga mu bihugu byazahajwe na ruswa ikabije n’amanota 9, igakurikirwa n’ibihugu bihora mu ntambara z’urudaca nka Yemen, Afghanistan, Syria na South Sudan.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura