AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Madamu Jeannette Kagame na mugenzi we wa Kenya bitabiriye Marato Mpuzamahanga y'Amahoro

Yanditswe May, 29 2022 19:52 PM | 75,566 Views



Umunyakenya Wilfred Kigan niwe wegukanye Marato Mpuzamahanga y'Amahoro ngarukamwaka yabaye kuri iki cyumweru, ni irushanwa kandi ryanitabiriwe na Madamu Jeannette Kagame na mugenzi we wa Kenya, Margaret Kenyatta nabo basiganwe mu gace kiri rushanwa kiswe Run for Peace cyangwa Run For Fun.

Mu byiciro bikinwa n’ababigize umwuga, harimo Full Marathon ni ukuvuga kwiruka ibirometero 41, mu bagabo no mu bagore imyanya 3 ikaba yihariwe na ba kabuhariwe mu kwiruka ku maguru b'Abanyakenya, aho umudali wa zahabu wegukanywe na Wilfred Kigan naho mu bagore utwarwa  na Margerit Agai.

Bamwe mu bitabiriye iri siganwa baturutse mu bihugu byo mu karere bavuga ko bakiriwe neza kandi isiganwa rikagenda neza muri rusange.

Nuwagaba Edian wo muri Uganda yagize ati "Nk'Abagande tuza hano mu Rwanda, twakirwa neza cyane, tubona hano mu Rwanda ari nko mu rugo ni ahantu heza ho gusiganirwa rwose ubu ndumva meze neza."

Umunyarwanda, Kajuga Robert yegukanye umwanya wa Gatatu mu gusiganwa half Marathon ni ukuvuga ibirometero 21, naho muri iki kcyiciro ariko mu bagore, Musabayezu Adeline yanikiye bagenzi be.

Aba bombi bavuga ko imyiteguro myiza bagize ariyo yabafashije ariko ko baticaye ahubwo bakomeje gukaza imyitozo ngo barusheho kwegera imbere.

Muri iri siganwa kandi hakinwe ikiciro cyabatarabigize umwuga aho basiganwe ibilometero 10 mu cyiswe run for Peace, aho abasiganwa baba batagamije kurushanwa, bamwe mu bakitabiriye bahamya ko nubwo atari abanyamwuga bumva akamaro ka siporo nk'iyi.

Mu bashyitsi bitabiriye iri siganwa mpuzamahanga kandi harimo umunyabigwi w’umwongereza, Mohamed Muktar Jama Farah wamenyekanye nka Sir. Mo Farah, akaba agira inama abakinnyi basiganwa n’amaguru bakiri bato kurangwa n’umuhate.

Iri rushanwa ngarukamwaka ribaye ku nshuro ya 17, ryitabiriwe n’abakinnyi bagera ku bihumbi 3, barimo abaturutse mu bihugu bitandukanye biganjemo abo mu karere.

Fiston Felix Habineza



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira