AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

MINUBUMWE yasabye Abanyarwanda cyane cyane abakozi kurangwa n’umurimo unoze kandi udashingiye ku ivangura

Yanditswe May, 22 2022 20:16 PM | 72,036 Views



Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, irasaba abanyarwanda cyane cyane abakozi kurangwa n’umurimo unoze kandi  udashingiye ku ivangura iryariryo ryose, no kurangwa n’ubunyangamugayo mu byo bakora byose. 

Gukora umurimo ukawunoza kandi ukarangwa n'ubunyangamugayo, ukarenga kwireba ubwabwe nibyo Minisitiri w'abakozi ba leta n'umurimo asanga bikwiye kuba ishingano za buri wese.

"Twese nk'Abanyarwanda intego yacu igomba kuba kugirira abanyarwanda bose akamaro muri rusange tukirinda gukora twirebaho gusa ahubwo tugakora tureba abanyarwanda bose muri rusange."

Hari bamwe mu baturage basanga nubwo gukora no kunoza ibyo ukora by'umvikana nk'inzira yihuta igana ku iterambere, hari ahakwiye gushyirwa imbaraga.

Kugira ngo akazi ukora kanoge icya mbere ni ugutanga services nziza, mubyo ukora ugakoresha ukuri kugirango nabakugana bamenye ko bakorana numuntu w' umunyakuri.

MINUBUMWE ijya inama yuko kunoza ibyo ukora bigomba kujyanishwa n'umurimo utagira uwo uheza kuko aribyo biteza imbere uwawukoze n'igihugu muri rusange, nkuko byasobanuwe na Clarisse Munezero umunyamabanga uhoraho muri iyi Minisiteri.

"Kunoza umurimo ni ugukora wa murimo udashingiye ku ivangura iryariryo ryose, niba utanga serivise ukayitanga neza ku bantu bose, udashingiye ku kuvuga ngo uyu ndamuzi, hari ibyo duhuriyeho runaka."

Iyi minisiteri kandi isaba abari mu mirimo ubu haba abakorera leta n'abikorera cyangwa abakorera abandi, bagomba kurangwa na zimwe muri kirazira.

Ivuga ko iri hari gutegurwa uko muri buri  rwego rw’umurimo haba muri leta n'abikorera hashyirwaho urubuga rwo kuganira ku bakozi mu buryo buhoraho hagamijwe gufasha abakozi kurushaho kunga ubumwe no kugira gahunda ya ndi umunyarwanda iyabo. 

Fiston Felix Habineza



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira