Yanditswe Jun, 13 2019 12:01 PM | 14,670 Views
Ministeri y’ ubuzima irasaba abanyarwanda gukomeza gukaza ingamba zo kwirinda ko Ebola yagera mu Rwanda.
Ibi iyi Ministeri ibisabye yuko Ku mugoroba wo ku wa kabiri Ministere y’ubuzima ya Uganda hamwe n’ishami ry’umuryango w’abibumbye rishinzwe ubuzima OMS byemeje ko icyorezo cya Ebola cyagaragaye muri icyo gihugu mu karere ka Kasese mu burengerazuba bwa Uganda, kuri ubu umwana w’ imyaka 5 wagaragaweho bwa mbere iyo ndwara aho muri Uganda yamaze kwitaba Imana.
Uretse uwo mwana w’ umuhungu wapfuye azize Ebola, abandi bantu 2 bo mu muryango we aribo Nyirakuru na murumuna we, inzego z’ ubuzima mu gihugu cya Uganda zemeje ko nabo banduye virus ya Ebola.
Leta ya Uganda yavuze ko hari abandi bantu bagera kuri 7 bikekwa ko nabo baba baranduye Ebola.
Mw’ itangazo iyi Ministeri y'ubuzima mu Rwanda yashyize ahagaragara yashyize ahagaragara yibukije buri munyarwanda wese kugira uruhare mu gukaza ingamba zo kwirinda ko Ebola yagera mu Rwanda.Ministeri y’ ubuzima yahumurije abanyarwanda ko kugeza ubu nta muntu uragaragaraho icyorezo cya Ebola mu Rda ariko igasaba buri wese kwitwararika no kutirara.
U Rwanda rumaze igihe rwarashyizeho ingamba zikomeye zo kwirinda no kurwanya Ebola, ibintu bigaragaza ikizere gikomeye ko igihugu cyiteguye guhashya iyi ndwara iramutse igeze mu Rwanda.Uyu ni minisitiri w'ubuzima Dr Dianne Gashumba.
Mu byasabwe n’ iyi Ministeri kandui harimo kwirinda gukora ingendo ahagaragaye Ebola kugira umuco wo gukaraba intoki hakoreshejwe amazi meza n’ isabune no gukomeza umuco wo kwivuza hakiri kare.
Abaturage cyane cyane abaturiye umupaka w'u Rwanda na Uganda bagaragaza ko bazi neza uburyo bwo kwirinda iki cyorezo.
Si ubwa mbere icyorezo cya Ebola kivuzwe mu gihugu cya Uganda kuko mu mwaka wa 2012 kigeze kuhavugwa, mu gihe mu mwaka wa 2000, abantu basaga 200 bahitanywe nacyo mu majyaruguru y’ igihugu cya UGANDA.
Kuva icyorezo cya Ebola cyakwaduka muri Repubulika iharanira democratie ya Congo mu kwezi kwa 8 umwaka ushize, abasaga ibihumbi 2 barayanduye mu gihe abasaga 1400 bo bahitanywe nayo.
Ni mu gihe icyorezo cya Ebola cyibasiye ibihugu byo mu burengerazuba bw’ Afurika hagati y’ umwaka w’ 2013 n’ 2016 cyo cyahitanye ubuzima bw’ abagera ku 11,310.
Kuva indwara ya Ebola yagaragara bwa mbere kw’ isi mu mwaka w’ 1976, imaze guhitana abantu bagera ku bihumbi 12 na 800.
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru