Yanditswe Sep, 20 2022 19:04 PM | 143,788 Views
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda iravuga ko umusaruro mbumbe w’urwego rw’inganda ugeze ku gipimo cya 20% mu gihembwe cya 2 cy’uyu mwaka, ibi bikaba bitanga icyizere ko uru rwego ruzagera ku ntego y’uko rugira uruhare rwa 21.4% mu mwaka wa 2024.
Abanyenganda bavuga ko gukomeza gushyigikirwa na leta biri mu bituma umusaruro w’ibyo batunganya urushaho kwiyongera.
Imibare y’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare igaragaza ko mu gihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka, inganda zatanze uruhare rungana na 20% mu musarurombumbe w’igihugu/GDP.
Abanyenganda bavuga ko kuba Leta yarabavaniyeho imisoro imwe n’imwe ku bituruka hanze biri mu byafashije gukora badahomba.
Umusaruro w’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro wazamutseho 9% naho izitunganya ibintu bitandukanye uzamukaho 10%. Muri rusange ariko inganda zitunganya ibikoresho by’ubwubatsi nizo zagaragaje kuzamuka kugaragara ugereranije n’izindi.
Umuyobozi mukuru ushinzwe inganda
muri Ministeri y’ubucuruzi n’inganda, Evalde Mulindankaka ashimangira ko uku
kuzamuka neza k’umusaruro ukomoka ku nganda uganisha ku ntego z’icyerekezo
igihugu cy’uko uru rwego ruzaba rutanga 21.4% mu musaruro mbumbe w’igihugu.
Hagati aho ariko abasesengura
ibirebana n’ubukungu bashimangira ko kuzamuka k’umusaruro ukomoka ku nganda
bifite kinini bisobanuye mu bijyanye n’iterambere ry’abaturage muri rusange
n’izamuka ry’ubukungu by’umwihariko.
Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda
yizeza ko guverinoma y’u Rwanda izakomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo
ubukungu bushingiye ku nganda burusheho kuzamuka aho izakomeza gushyira
imbaraga mu kuzamura ingano y’ibikorerwa mu Rwanda mu rwego rwo kugabanya
ibitumizwa hanze ahubwo hakazamurwa ingano y’ibyoherezwayo.
Jean Claude Mutuyeyezu
Brig.Gen Rwivanga yasabye abiga muri RICA gusigasira ibyo u Rwanda rwagezeho
Jul 07, 2023
Soma inkuru
General Gatsinzi Marcel yashyinguwe
Mar 16, 2023
Soma inkuru
Ingabo Congo zongeye kurasa ku butaka bw'u Rwanda
Jun 10, 2022
Soma inkuru
U Rwanda rwamaganye amakuru avuga ko RDF ifasha abarwanya FARDC
Mar 29, 2022
Soma inkuru
Abayobozi b'inzego z'ubuzima mu ngabo zo muri EAC mu nama ku bufatanye
Feb 17, 2022
Soma inkuru
Perezida Kagame yashimye inzego z'umutekano ku bwitange zagaragaje muri 2021
Dec 30, 2021
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda zatangaje ko ntaho zihuriye n'ibikorwa by'abahoze ari abarwanyi ba ...
Nov 09, 2021
Soma inkuru
Col Karuretwa yagizwe Brig General, anagirwa umuyobozi muri RDF
Nov 05, 2021
Soma inkuru