AGEZWEHO

  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...
  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...

MINEMA Yasabye Intara y'Amajyaruguru gukaza ingamba zo gukumira ibiza

Yanditswe Apr, 14 2023 16:26 PM | 37,343 Views



Minisiteri y'Ibikorwa by'Ubutabazi, MINEMA, yasabye Intara y'Amajyaruguru gukora ibishoboka bagahangana n'ibiza bikunze kwibasira iyi ntara. Iyi Minisiteri igaragaza ko mu myaka 5 ishize iyi ntara yibasiwe n'ibiza bisaga 1500 byahitanye abagera kuri 201 bisenya inzu zisaga 5000.

Mu bihe bitandukanye, Intara y’Amajyaruguru ikunze kwibasirwa n’ibiza cyane ugeraranyije n’ibindi bice by’igihugu.

Mu byumweru bibiri bishize uturere twa Burera na Musanze twibasiwe n’ibiza by’imvura, amazi ava mu birunga agira ingaruka zikomeye ku miryango irenga 800 muri Musanze.

MINEMA igaragaza ko mu myaka itanu ishize, Intara y'Amajyaruguru yibasiwe n'ibiza inshuro zirenga 1500. Ibyo biza byishe abantu 201, bisenya inzu zirenga ibihumbi 5000, hegitari zisaga 3000 zatwawe n'umwuzure, inka zisaga ijana n'amatungo magufi arenga ibihumbi 4000 byarapfuye, ibigo nderabuzima 4, insengero 16, ibiro   bya leta 9 n’imiyoboro y'amashanyarazi 64 byarasenyutse bitewe n'ibibiza.

Mu gihe cy'imvura y'umuhindo n'itumba, buri munsi ngo abantu babiri bapfa bazize ibiza, abandi bane bagaterwa ubumuga nabyo. 

Mu gihe benshi batekereza ko kuba u Rwanda ari igihugu kigizwe n’imisozi miremire aribyo bituma kibasirwa n’ibiza, iyi minisiteri igaragaza ko 55% by’ibiza biterwa n’uburangare naho ibiterwa n’imiterere bikaba 20%.

Aha niho Umunyamabanga Uhoraho muri MINEMA, Phillippe Habinshuti ahera asaba inzego bireba gushyira mu bikorwa ingamba zose zo gukumira ibiza.

Mu gihe igice cya Kabiri cy’umushinga wo kubaka imiyobora itwara amazi ava mu birunga kitaratangira, abayobozi b'uturere dukora kuri iyi Parike y’igihugu y’ibirunga basabwe kugira ibikorwa by'ibanze bakora hagamijwe kubungabunga ubuzima bw'abaturage. 

Naho ku kibazo cy’ibigo by’amashuri, amavuriro n’ahandi hahurira abantu benshi hatagira imirindankuba, Guverineri w'Intara y'Amajyaruguru Nyirarugero Dancille agaragaza ko bagomba kugira icyo babikoraho.

Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by'Ubutabazi igaragaza ko inzego zigirwaho ingaruka n'ibiza cyane mu Rwanda ari imiturire, ibikorwaremezo, ubuhinzi n'ibidukikije, bigateza igihombo cya miliyari zisaga 200 buri mwaka. 




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura