AGEZWEHO

  • Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu – Soma inkuru...
  • Guhisha imibiri y'abazize Jenoside bifitanye isano n'ingengabitekerezo yayo- Dr Bizimana – Soma inkuru...

MINEDUC: HAJE IMPINDUKA NSHYA MU MITEGURIRE Y'IBIZAMINI

Yanditswe May, 04 2019 19:50 PM | 6,768 Views



Minisiteri y’uburezi iratangaza ko guhera muri uyu mwaka w’amashuli, uburyo bw’isuzuma-bumenyi ku banyeshuli bwavuguruwe, kuko hagiyeho ibizamini bizajya bitegurwa na minisiteri y’uburezi bigatangwa mu myaka yose y’amashuli abanza n’ayisumbuye. 

Ubu buryo bushya ngo buzafasha kumenya hakiri kare ahari icyuho mu burezi.

Ibizamini mu mashuri abanza n'ayisumbuye mu gihembwe cya mbere bizajya bitangwa ku rwego rw'amashuri abanyeshuri bigaho naho igihembwe cya 2 ibizamini bitegurwe ku rwego rw'akarere, naho ibizamini bisoza igihembwe cya 3 bizajya bitegurwa n'ikigo gishinzwe guteza imbere uburezi mu Rwanda (REB). 

Ni ibizamini bizajya bitangwa mu mashuri yose n’ayisumbuye.

Umunyamanga wa leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye Dr.Isaac Munyakazi asobanura ko ibi bizamini bizajya bitegurwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi mu Rwanda ariko bitazajya biherekezwa n’abashinzwe umutekano nk’uko bisanzwe mu bizamini bya leta.

Amanota abanyeshuri bazajya babona mu bihembwe uko ari bitatu azajya ateranywa ku mwaka maze abanyeshuri bimuke hashingiwe ku mitsindire yabo muri ibyo bizamini byose.


KWIZERA JOHN PATRICK/GATARAYIHA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura

Impunzi z’i Kigeme ntizigihagaritse umutima kubera ibiza

Rubavu: Uko hahanzwe imishinga ikomeje gufasha mu iterambere ry'abarokotse

NEC yasobanuye ibisabwa ku baziyamamariza ku mwanya w’Umukuru w’Igih

Perezida Kagame yasabye ba ofisiye bashya ba RDF kwanga ubugwari n’ububwa,

Ba ofisiye 624 bashya binjijwe mu Ngabo z’u Rwanda (Amafoto)