AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

MINALOC irashima abakomeje gufasha abatabasha kubona ifunguro muri ibi bihe bidasanzwe

Yanditswe Mar, 30 2020 13:20 PM | 28,157 Views



Mu gihe Leta y’u Rwanda ikomeje kugoboka abagizweho ingaruka n’icyorezo cya Koronavirusi, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu irashima abantu b’ingeri zinyuranye bakomeje kugoboka bagenzi babo muri ibi bikomeye bafasha kubona amafunguro abo imirimo yabo yabaye ihagaze kubera ingamba zo kwirinda icyorezo.

Kugoboka abatishoboye bisanzwe ari kimwe mu byo Leta y’u Rwanda ishyira imbere ndetse ikabinyuza muri gahunda zitandukanye. Muri iki gihe isi yugarijwe n’icyorezo cya COVID-19, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yahumurije abaturage abizeza ko Leta itazabatererana.

Ku munsi wa Kabiri Leta itangiye guha amafunguro imiryango itarashoboye gukomeza imirimo yari isanzwe ikora kubera ingamba zo kwirinda koronavirusi, abaturage bagiye bishyira hamwe hakurikijwe amikoro yabo bakusanya ibikenewe maze babisaranganya abaturage.

Abo mu midugudu ya Kabuhunde na Vision 2020 mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, bavuze ko ibi bikorwa ari ikimenyetso kigaragaza Leta yita ku baturage.

Uwajenesa Marine yagize ati "Ubundi nakoraga imirimo ijyana n'ububumbyi kugira ngo mbone icyo kurya, ariko yari yarahagaze, sinabonaga icyo kurya, ariko ubu iminsi igiye gukomeza yisunike. Nkaba nshimira abanteye inkunga.''

Mu Murenge wa Gikomero na ho abaturage bahawe inkunga y’ibiribwa bagenewe na Leta, ibunganira mu minsi batakijya kwirwanaho.

Gakimbagira Joseph ati ''Nari mfite umushinga wo gukora amasabune ariko kubera ukuntu transiporo yahindutse, ntabwo nkibona uko njya Nyabugogo gushakayo ibikoresho, bivuze ko icyari kintunze cyahagaze. Iyi nkunga irashimishije kuko Leta iba yatwibutse ikabona ko dukwiye gukomezanya n'abandi mu buzima, dushimiye Leta n'Umukuru w'Igihugu udutekerezaho cyane.''

Mu iyi gahunda yo guhangana n'icyorezo cya Covid-19 kandi, urugaga rw'abatumiza n'abadandaza ibikomoka kuri peteroli bunganiye Ministeri y'Ubuzima bayigemnnera inkunga ingana na miliyoni zisaga 60 z'amafaranga y'u Rwanda azifashishwa n'ibinyabiziga bikoreshwa n'iyo minisiteri. 

Mutaganda Eric akuriye urwo rugaga ati ''Twasabye minisiteri ko iyo nkunga y'amavuta twabemereye bashobora kuza kuyakoresha guhera kuri uyu wa Mbere, aho ibinyabiziga bya minisiteri bizajya bikoresha cartes cyangwa vauchers.''

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu Nyirarukundo Ignatienne ashimira abagize uruhare bose muri iki gikorwa akavuga ko no mu mijyi yunganira Kigali na ho byamaze gutegurwa.

Ati "''Iki gikorwa twakibonyemo ubwitange n'imbaraga zikomeye, hari abikorera bitanze, n'abafite ibikoresho by'isuku, abahinzi b'umuceri batanze umuceri mwishi ndetse n'amadini, ariko icyo tubasaba ni uko bikorerwa hamwe, bikarangira none ariko no mu yindi mijyi yunganira Kigali na ho barimo kwitegura.''

Nta barura ryimbitswe ryakozwe ngo hamenyekane umubare nyakuri w'abagomba guhabwa iyo nkunga mu Mujyi wa Kigali cyane ko iki gikorwa cy'ubufasha cyaje gitunguranye, ariko Umunyamabanga wa Leta muri MINALOC agenekereje avuga ko abagomba gufashwe bari hagati ya 1,8% na 2 % by'abatuye Umujyi wa Kigali.

John BICAMUMPAKA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama