Yanditswe Mar, 22 2023 21:06 PM | 18,961 Views
Minisiteri
y'Ubuhinzi n'ubworozi iravuga ko itewe ipfunwe no kuba ibiyaga byo mu Rwanda
bidatanga umusaruro w'amafi uko bikwiye, ibi Minisitiri w'Ubuhinzi n'ubworozi
Dr Musafiri Ildephonse yabigarutseho ubwo hatangizwaga umushinga wa Miliyari
zisaga 15 Frw wiswe KWIHAZA.
Ni umushinga uzafasha mu iterambere ry’uruhererekane mu nzego zirimo ubuhinzi, ubworozi, uburobyi, ubuhinzi bw’imbuto n’imboga.
Abakora muri izi nzego bavuga ko bahura n'inzitizi zitandukanye.
Urubyiruko imwe mu mbogamizi bari bafite cyane ni igishoro ku isoko murabona ko imboga n'imbuto ni nke.
Abahinzi
n'aborozi by'umwihariko aborora amafi n'abahinga imboga n'imbuto bazafashwa
kubona amahugurwa n'amafaranga mu mishinga yabo.
Ni mu gihe Minisitiri w'ubuhinzi n'ubworozi, Dr Musafiri Ildephonse avuga ko biteye ipfunwe kuba bimeze bityo kandi u Rwanda rufite ibiyaga byinshi.
"Dufite
ibiyaga byinshi mu Rwanda ariko kuba bitabyazwa umusaruro ni ibintu biduteye
ipfunwe. Uyu mushinga tuwitezeho ko ibiyaga byose biri mu Rwanda ikibasha kuba
cyajyamo icyororo kizajyamo, ndetse n'abahatuye bakabona ibyo gukora uburobyi
bwabo bugatera imbere, ibiyaga dufite mu Rwanda bikadutunga mu bijyanye n'amafi
ari ayo tworora n'andi ya kimeza, ni umushinga uzadufasha kubitunganya no
kumenya imikorere yabyo no kumenya ku bikoresha neza kugirango bigirire akamaro
igihugu cyacu."
Ishyirwa mu bikorwa ry'uyu mushinga rizakurikiranwa na Minisiteri y'ubuhinzi n'ubworozi na Enabel.
Umuyobozi uhagarariye Enabel mu Rwanda, Dirk Deprez avuga ko uyu mushinga uzatanga umusanzu ufatika mu guteza imbere ubuhinzi n'ubworozi.
Uyu mushinga uzamara imyaka 4 ni ukuvuga kuva muri uyu mwaka wa 2023 kugera 2026 uzarangira utwaye miliyoni zisaga 15 z'ama Euro.
Umuryango w'Ubumwe bw'Ibihugu by'Ibirayi watanzeho miliyoni 10 z'ama Euro mu gihe andi miliyoni 5.5 yo azatangwa na Luxembourg.
Kwizera John Patrick
Kubura abashoramari banini byadindije umushinga wa Gira Iwawe - BRD
4 hours
Soma inkuru
Rusizi: Kuba drone zitahagera bidindiza serivisi z'ubuzima n'ubworozi
Jun 08, 2023
Soma inkuru
Musanze: Abaturage 26 borojwe inka n'Itorero ADEPR - Amafoto
Jun 06, 2023
Soma inkuru
Abasenateri batangiye gusura uturere bareba uko abaturage bakemurirwa ibibazo
Jun 06, 2023
Soma inkuru
Abayobozi batandukanye barimo gusura uruganda rutunganya amazi rwa Nzove
Jun 06, 2023
Soma inkuru
Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo
Jun 05, 2023
Soma inkuru
Ubuhamya bw’ababaye kwa Gisimba uherutse kwitaba Imana
Jun 05, 2023
Soma inkuru
Abatuye muri Kigali basabye ko hakwihutishwa imirimo yo kwagura uruganda rw’amazi rwa Nzove
...
Jun 05, 2023
Soma inkuru