Yanditswe Feb, 20 2018 15:48 PM | 5,682 Views
Leta ya Zambia
iratangaza ko abanyarwanda bahoze ari impunzi muri iki gihugu ubu bafite
uburenganzira bwo gutaha iwabo mu gihe abifuza kugumayo na bo ngo babyemerewe
gusa ngo bigakurikiza amategeko.
Minisitiri w’umutekano muri Zambia n’itsinda ayoboye bagiranye ibiganiro n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe itegeko nshinga n’andi mategeko, Evode Uwizeyimana byibanze ku cyarushaho guteza imbere ubufatanye bw’ibihugu byombi mu rwego rw’ubutabera. Banaganiriye ku masezerano aherutse gusinywa n’impande zombi ndetse n'aho kuyashyira mu bikorwa bigeze. Ati, ‘’Twarebeye hamwe kuvuga ngo ese ishyirwa mu bikorwa ry’ayo masezerano yo kohererezanya abakurikiranyweho ibyaha ibihugu byombi byasinywe bigeze he? Twabagaragarije ko ku ruhande rw’u Rwanda ku bijyanye no kwemeza ariya masezerano parliament yamaze kuduha uburenganzira ko igisigaye ari ugutangaza mu igazeti ya Leta hanyuma ikindi tubasaba ku ruhande rwaho kwihutisha ibijyanye no kwemeza ariya masezerano kugirango atangire gushyirwa mu bikorwa.’’
Minisitiri w’umutekano muri Zambia Stephen Kampyonga yakomoje ku bahoze ari impunzi z’abanyarwanda muri Zambia avuga ko ubu amarembo yafunguwe ku bifuza gutaha ndetse n’abifuza kugumayo ariko bigakorwa bubahirije amategeko. Yagize ati, ‘’Ibijyanye n’abahoze ari impunzi nyuma y’umwanzuro wo gukuraho ubuhunzi ku mpunzi z’abanyarwanda, byakomeje kuganirwaho ndetse n’abakuru b’ibihugu byombi bemeje ko abifuza gutaha bataha, naho abifuza kuguma muri Zambia bagakurikiza ibyo amategeko asaba. Nakubwira ko Zambia yacumbikiye impunzi nyinshi, izavaga muri Angola, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo tukinakira nubu ndetse n’abandi rero ubu turareba uburyo ibyemeje bikurikizwa hagendewe kucyo amategeko avuga.’’
Mu bindi ibi
biganiro byagarutseho harimo ikibazo cy’abanyarwanda birukanywe muri Zambia
bagatayo imitungo yabo. Ikibazo cyabajijwe n’Umuyobozi mukuru w’urwego
rw’Abasohoka n’abinjira Anaclet Karibata wasabwe na Minisitiri Kampyonga
gutanga imyirondoro yabo kugirango bikurikiranwe vuba.
Inkuru mu mashusho:
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru