AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

MINAFFET yahuye n'intumwa za Zambia mu gukurikirana amasezerano y'ibihugu byombi

Yanditswe Feb, 20 2018 15:48 PM | 5,682 Views



Leta ya Zambia iratangaza ko abanyarwanda bahoze ari impunzi muri iki gihugu ubu bafite uburenganzira bwo gutaha iwabo mu gihe abifuza kugumayo na bo ngo babyemerewe gusa ngo bigakurikiza amategeko.

Minisitiri w’umutekano muri Zambia n’itsinda ayoboye bagiranye ibiganiro n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe itegeko nshinga n’andi mategeko, Evode Uwizeyimana byibanze ku cyarushaho guteza imbere ubufatanye bw’ibihugu byombi  mu rwego rw’ubutabera. Banaganiriye ku masezerano aherutse gusinywa n’impande zombi ndetse n'aho kuyashyira mu bikorwa bigeze. Ati, ’Twarebeye hamwe kuvuga ngo ese ishyirwa mu bikorwa ry’ayo masezerano yo kohererezanya abakurikiranyweho ibyaha ibihugu byombi byasinywe bigeze he? Twabagaragarije ko ku ruhande rw’u Rwanda ku bijyanye no kwemeza ariya masezerano parliament yamaze kuduha uburenganzira ko igisigaye ari ugutangaza mu igazeti ya Leta hanyuma ikindi tubasaba ku ruhande rwaho kwihutisha ibijyanye no kwemeza ariya masezerano kugirango atangire gushyirwa mu bikorwa.’’

Minisitiri w’umutekano muri Zambia Stephen Kampyonga yakomoje ku bahoze ari impunzi z’abanyarwanda muri Zambia avuga ko ubu amarembo yafunguwe ku bifuza gutaha ndetse n’abifuza kugumayo ariko bigakorwa bubahirije amategeko. Yagize ati, ’Ibijyanye n’abahoze ari impunzi nyuma y’umwanzuro wo gukuraho ubuhunzi ku mpunzi z’abanyarwanda, byakomeje kuganirwaho ndetse n’abakuru b’ibihugu byombi bemeje ko abifuza gutaha bataha, naho abifuza kuguma muri Zambia bagakurikiza ibyo amategeko asaba. Nakubwira ko Zambia yacumbikiye impunzi nyinshi, izavaga muri Angola, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo tukinakira nubu ndetse n’abandi rero ubu turareba uburyo ibyemeje bikurikizwa hagendewe kucyo amategeko avuga.’’

Mu bindi ibi biganiro byagarutseho harimo ikibazo cy’abanyarwanda birukanywe muri Zambia bagatayo imitungo yabo. Ikibazo cyabajijwe n’Umuyobozi mukuru w’urwego rw’Abasohoka n’abinjira Anaclet Karibata wasabwe na Minisitiri Kampyonga gutanga imyirondoro yabo kugirango bikurikiranwe vuba.

Inkuru mu mashusho:



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize