AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Leta ihagaze he ku cyifuzo cyo gufungura ahasengerwa?

Yanditswe Jun, 13 2020 09:54 AM | 48,624 Views



Abayoboke b'amadini n'amatorero baravuga ko urukumbuzi rwo kongera guteranira mu nsengero ari rwose. Ni mu gihe Leta y'u Rwanda ibizeza ko iri gukorana n'abayobozi b'aya madini n'amatorero ngo bashake umuti w'iki kibazo.

Amezi arenga atatu arashize insengero n'amadini bihagaritswe ku bw'icyorezo COVID19. Abayoboke b'aya madini n'amatorero bavuga ko nubwo bumva neza impamvu yo kudateranira mu ruhame ngo urukumbuzi ngo ni rwose.

Uru rukumbuzi aba bayoboke bafite ababayobora bararwumva cyane, banaherutse kwandikira ibiro bya Minisitiri w'intebe basaba ko bafungurirwa bakongera guterana.

Ibyo kongera kugaragara kw'abarwayi ba COVID19 ntibyahagaritse ibiganiro, abagize iri huriro bahuye na bamwe mu bagize Guverinoma baganira ku cyakorwa.

Umukuru w'Urwego rushinzwe Imiyoborere (RGB), yavuze ko gufungura ahasengerwa bidahita bikorwa bitewe n’uko icyorezo kigihari, aho bigaragarira no mu mibare mishya y’abacyandura.

Gusa ruvuga ko rukomeje gufatanya n'abayobozi b'amadini n'amatorero mu myiteguro y'uburyo igihe n'ikigera cyo kongera guterana mu ruhame bizakorwamo neza hubahirizwa amabwiriza yo gusenga hanirindwa COVID19. Ni ibikorwa birimo kunoza neza uburyo hashakwa ibikoresho bizifashishwa, ubukangurambaga ku bayoboke n'ibindi byose bizafasha aba bayoboke gusenga banirinda icyorezo cya COVID19.

Inkuru irambuye mu mashusho


Paul RUTIKANGA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira