AGEZWEHO

  • Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu – Soma inkuru...
  • Guhisha imibiri y'abazize Jenoside bifitanye isano n'ingengabitekerezo yayo- Dr Bizimana – Soma inkuru...

Kwitabira amashuli y'incuke biracyari hasi ku bana bato--MINEDUC

Yanditswe Nov, 08 2018 22:27 PM | 20,658 Views



Minisiteri y'uburezi irasaba abafatanyabikorwa bayo gushyira imbaraga mu guteza imbere uburezi bw'abana b'incuke kuko ariho uburezi bushingiye. Abanyamadini nk'abafatanyabikorwa mu burezi bo baravuga ko bagiye kugira uruhare mu guteza imbere uburezi bw'abana b'incike.

Minisiteri y'uburezi igaragaza ko kwitabira uburezi bw’abana b'incuke biri ku kigero cya 20.6%. Isaac Munyakazi ni umunyamanga wa leta ushinzwe amashuri abanza n'ayisumbuye, avuga ko uburezi bw'abana b'incuke bukirimo icyuho. Yagize ati, "Uburezi bw'abana b'incuke aha mu Rwanda buracyarimo icyuho aho abana bangana na 20.6% ari bo bagana amashuri y'incuke, aha rero minisiteri y'uburezi iragaragaza ko hakiri icyuho bitewe n'uko ireme ry'uburezi rishingira ku kuba umwana yarateguwe akiri muto."


Mu nama yahuje inzego zishinzwe uburezi mu Rwanda, abafatanyabikorwa biganjemo abanyamadini biyemeje kuzamura umubare w'abana bagana amashuri y'incuke.

Minisiteri y'uburezi ivuga ko imaze guhugura abarimu 1,600 bigisha mu mashuri y'incuke, basanga abayobozi bashinzwe uburezi mu turere. Leta y'u Rwanda kandi ifite intego y'uko muri 2024 umubare w'abana biga mu mashuri y'incuke uzagera kuri 54% naho muri 2030 ugere ku 100%.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura

Impunzi z’i Kigeme ntizigihagaritse umutima kubera ibiza

Rubavu: Uko hahanzwe imishinga ikomeje gufasha mu iterambere ry'abarokotse

NEC yasobanuye ibisabwa ku baziyamamariza ku mwanya w’Umukuru w’Igih

Perezida Kagame yasabye ba ofisiye bashya ba RDF kwanga ubugwari n’ububwa,

Ba ofisiye 624 bashya binjijwe mu Ngabo z’u Rwanda (Amafoto)