AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Kwirinda COVID19 mu bageze mu zabukuru bihagaze bite?

Yanditswe Jun, 15 2020 07:52 AM | 25,138 Views



Bamwe mu bageze mu zabukuru bavuga ko bahagurukiye kwirinda icyorezo cya COvid 19 kugira ngo kitabatwara ubuzima.

Umuryango w' abibumbye uvuga ko abageze mu zabukuru ari bamwe mu bibasirwa cyane na COvid 19,bityo bakaba bagomba kwitabwaho  barindwa kwandura icyo cyorezo.

Abageze mu zabukuru 19,abenshi muri bo batakigira imiryango yabo, nibo bitabwaho n' abihaye Imana mu kigo Saint Vincent de Paul giherereye mu Nzove mu Karere ka Nyarugenge .

Mu gihe isi muri rusange ndetse n'u Rwanda bikomeje guhangana n' icyorezo cya Covid 19, aba bageze mu zabukuru bafite hejuru y’ imyaka 70 y’ amavuko bavuga ko bamenye amakuru ajyanye n' icyo cyorezo bituma bafata ingamba zo kukirinda.

Uretse  abageze mu zabukuru bo mu bigo byihariye bibitaho, abakiba mu miryango yabo nabo bavuga ko bakajije ingamba zo kwirinda Covid 19.

Soeur Theodora  Uwimana uyobora ikigo cy’ abageze mu zabukuru Saint Vincent de Paul avuga ko zimwe mu ngamba bafashe zo kurinda ababa muri iki kigo harimo no kubarinda guhura n’ abo hanze kugirango batandura icyo cyorezo nubwo ngo byagize ingaruka ku bushobozi bw’ iki kigo.

Ati "Twajyaga gufashwa n’ abagiraneza  bakaza kudusura, bakadufasha mu bikoresho binyuranye ndetse n’ ibiribwa.aho iki cyorezo kiziye, nta muntu wemerewe kwinjira hano, ahandi twakuraga ibatunga naho habaye ikibazo, ibi bituma abo twitaho, uko babagaho byarahindutse ariko turabihanganisha tukababwira ko iki cyorezo kizagabanuka, ubukungu bw’ igihugu bukiyongera."

Umuryango w’ abibumbye uvuga ko nubwo ibyiciro byose by’ abantu bishobora kwandura COvid 19, abageze mu zabukuru ngo nibo bafite ibyago byinshi byo kuzahazwa nayo ndetse bikabaviramo n’ urupfu. Uyu muryango uvuga ko 66% by’ abarengeje imyaka 70 y’ amavuko baba  bafite byibura imwe mu ndwara zitandura cg izandura zizahaza abantu cyane, ibyo bikabongerera ibyago byo guhitanwa na COvid 19 nkuko bitangazwa n' umunyamabanga mukuru wa Lonu, Antonio Guterres.

Ati "Icyorezo cya COvid 19 gikomeje  gutera ubwoba no gushyira mu kaga ubuzima  bw’ abageze mu zabukuru hirya no hino kw’ isi. Abicwa cyane n' icyo cyorezo ni abageze mu zabukuru, mu barengeje imyaka 80, abazira icyo cyorezo bikubye inshuro 5 ugereranije no mu bindi byicir. Uretse ingaruka icyo cyorezo kigira ku buzima bwabo,gikomeje gutuma barushaho kwibasirwa n’ ubukene, guhabwa akato ndetse no kutitabwaho. Ibi biba cyane ku bageze mu zabukuru bo mu bihugu biri mu nzira y’ amajyambere. Ni ngombwa ko dushyira imbaraga mu kwita ku bageze mu zabukuru muri ibi bihe."

Umuryango w’ abibumbye uvuga ko hagati y’ umwaka wa 2019 na 2030 biteganijwe ko kw’ isi, umubare  w’abageze mu zabukuru bafite hejuru y’ imyaka 60 y’amavuko  uziyongera ku kigero cya 38%, ukava ku bageze mu zabukuru miliyari 1 ikagera ku bageze mu zabukuru miliyari 1 na miliyoni 400.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura