AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Kwibohora 26: Icyizere Abanyarwanda bafitiye inzego kigaragaza uruhare rwabo mu miyoborere-Abasesenguzi

Yanditswe Jun, 23 2020 09:06 AM | 49,567 Views



Abasesengura iby'imiyoborere basanga icyizere abanyarwanda bafitiye inzego z'imiyoborere y’igihugu cyabo ari ikimenyetso kigaragaza ko bafite uruhare muri iyo miyoborere y'igihugu bitandukanye n'uko byari bimeze mu myaka 26 ishize.

Dr. Sindikubwabo Jean Nepomscène, ni inararibonye muri politiki y'u Rwanda. Uyu mugabo wamaze imyaka 8 ari umusenateri ndetse 4 muri yo akayimara ari perezida wa komisiyo ya politiki n'imiyoborere, ni umwe mu bahamya ko mu myaka 26 politiki n'imiyoborere y'u Rwanda byimakaje ihame ryo gushyira umuturage ku isonga mu bikorwa byose.

Ibivugwa n'uyu munyapolitiki binashimangirwa na bamwe mu baturage bemeza ko kugira uruhare mu miyoborere y'urwababyaye byubatse ipfundo hagati yabo n'ababayobora, ibintu bavuga ko bashingira ku ngero zifatika.

Kwegereza abaturage inzego ndetse hagashyirwaho uburyo n'imiyoboro umuturage anyuzamo ibitekerezo bye, biri mu byazanye impinduka mu myaka 26 ishize, nk’uko umuyobozi wungirije w'umuryango Never Again Rwanda, MAHORO Eric yabisobanuye.

Kuri ibi haniyongeraho Inama y'Igihugu y'Umushyikirano itanga urubuga kuri buri wese agatanga igitekerezo ako kanya kikacyirwa n'ubuyobozi bukuru bw'igihugu kuva kuri Perezida wa Repubulika ubwe.

 Raporo y'ubushakashatsi ku miyoborere ikorwa n'urwego rw'igihugu rw'imiyoborere, Rwanda Governance Scorecard, igaragaza ko kugeza ubu abanyarwanda bizeranye ku gipimo kingana na 93.8% mu gihe icyizere bafitiye ubuyobozi muri rusange kiri kuri 95.5%.

Umuyobozi ushinzwe imiyoborere n'imitangire ya serivisi muri RGB, Kazaire Judith, avuga ko kwegerezwa ubuyobozi n'ubushobozi biri mu bituma abaturage barushaho kwizera ubuyobozi.

Rwanda Governance ScoreCard, raporo ya RGB yerekana ibipimo by'imiyoborere mu Rwanda, igaragaza ko umwaka ushize wa 2019 warangiye uruhare rw'abaturage mu gutanga ibitekerezo ruri kuri 81%, mu matora rukaba kuri 91.4%, mu gihe mu igenamigambi ry'uturere n'ingengo y'imari ruri kuri 53%.


Perezida wa Repubulika Paul Kagame ubwo yasuraga abaturage mu Ntara y'Iburengerazuba muri 2019

Divin UWAYO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura