AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Kwibohora28: Intambwe yatewe mu buhinzi mu myaka 28

Yanditswe Jul, 05 2022 22:29 PM | 67,040 Views



Nyuma y’imyaka 28 igihugu kibohowe, abahinzi babigize umwuga ndetse n’impuguke  bishimira ko intambwe yo kwihaza ku biribwa yagezweho mu buryo bushimishije gusa igisigaye akaba ari ukongerera agaciro umusaruro no kubona isoko ryawo.

Ni mu gihe  mu 2020-2021, ubuhinzi n’ubworozi bwinjije  amadovize ahwanye  na miliyari 445 z’amafaranga y’u Rwanda, avuye kuri miliyari 357 mu 2016-2017, ibi bigaragaza ubwiyongere bwa 25%.

Hirya no hino mu gihugu benshi bemeza ko ibiribwa birimo kuboneka bitewe n’imbaraga nyinshi leta yashize mu kongera umusaruro w’ibiribwa mu rwego rwo kwihaza.

Nyuma y’imyaka 28 igihugu kibohowe, ubuhinzi n’ubworozi bwabaye imwe mu nkingi  igize ubukungu bw’igihugu kuko kugeza ubu bugize 26% by’umusaruro mbumbe w’igihugu.

Hashyizwe imbaraga muri gahunda zo kuhira bikaba bigeze ku buso bwa hegitari zisaga ibihumbi 66.

Ubuso bumaze guhuzwa ni hegitari zisaga ibihumbi 762 mu gihugu hose.

Impuguke mu buhinzi akaba yaranabaye Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi igihugu kikimara kubohorwa Gerard Zirimwabagabo yemeza ko igihugu cyateye intambwe ikomeye akurikije ikigero ubuhinzi bwariho mu 1997.

Elie Byiringiro ni umwe mu bahinzi bakiri bato babugize umwuga. Ahinga imbuto n’imboga mu nzu zabugenewe zizwi nka Green House.

Avuga ko mu myaka 2 azaba ageze ku mushahara wa miliyoni n’igice avuye ku bihumbi 400 yihemba ku kwezi.

Gusa ikibazo bafite n’izamuka ry’inyongeramusaruro ku isoko mpuzamahanga bigira ingaruka ku kiguzi cy’umusaruro wabo.

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi Claude Musabyimana avuga ko uburyo bwifashishijwe mu guhaza isoko ry’ibiribwa mu gihe cya CHOGM ari bwo buryo buzakomeza gutezwa imbere.

Imibare ya Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi yerekana ko 88% by’abahinzi banini bakoresha imbuto y’indobanure mu gihe 33% by’abahinzi bato ari bo bayikoresha.
Ingano y’ifumbire ikoreshwa kuri hegitari ikaba igeze ku biro 60.

KWIZERA Bosco



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira