AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Kwibohora27: Uburyo aborozi b’Inka muri Nyagatare bavuye mu za gakondo bakiteza imbere

Yanditswe Jul, 04 2021 09:17 AM | 11,064 Views



Bamwe mu bamaze igihe mu bworozi bw’inka  mu karere ka Nyagatare, bavuga ko mu myaka 27 ishize u Rwanda rubohowe  kuvugurura inka zigakurwa kuza gakondo bakorora iza kijyambere zitanga amata menshi, byahinduye imibereho yabo.

Nyuma y’urugamba rwo kubohora igihugu bamwe mu banyarwanda bari impunzi mu bihugu by’ibituranyi bahungukanye inka nyinshi, ku buryo igice cyahoze cyitwa Umutara  ariho bororaga cyane kuko hatari hatuwe cyane.

Gusa mu buhamya bwa Dr. Zimulinda Justin inararibonye akaba n’umuvuzi w’amatungo wakoreye muri aka gace igihe kirekire kugeza ubu, avuga ko inka aborozi batahukanye icyo gihe zari iza gakondo zatangaga umukamo mucye 

Akomeza asobanura ko mu 2003 biciye mu bukangurambaga bwa Leta, aribwo aborozi batangiye guhindura imyumvire  borora inka zitanga umukamo nubwo ngo bitari byoroshye.

Mu borozi bahinduye imyumvire bakorora kijyambere harimo Hodari Hillary,ubu utunze inka imwe ikamwa litiro 30  ku munsi, mu gihe kandi izindi nka nke yorororeye ku butaka buto zikamwa litiro 320 kumunsi.

Imibare itangwa n’ishami rishinzwe ubworozi mu karere ka Nyagatare, igaragaza ko aka karere kabarizwamo inka za gakondo  39 904, mu gihe inka z’ibyimanyi cyangwa amakorosi ari 69 656, iz’Inzungu zitavangiye zo ni 23 492.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudian agaragaza ko ubu aborozi barimo gufashwa muri gahunda  zo kubegereza amasoko y’amata, no guha ubushobozi amakusanyirizo yayo

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Gasana Emmanuel aherutse kubwira RBA ko bafite gahunda yo kubaka uruganda rw’amata y’Ifu mu karere ka Nyagatare, ruzajya rwakira litiro 500 000 z’amata ku munsi, mu rwego rwo gushakira aborozi isoko ry’amata.

Yahishuye ko guhaza uru ruganda bisaba imbaraga kuruhande rw’aborozi b’aka karere bagashaka inka zitanga umukamo utubutse cyane, kuko ubu amata aboneka mu karere ku munsi atarenga litiro ibihumbi ijana.

Ikindi kigomba kwitabwaho  ni ukongera amazi y’amatungo, kuko ahari aborozi bavuga ko atarabahaza kandi ari n’agace gakunda kuvamo izuba ryinshi.


Maurice Ndayambaje




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize