Yanditswe Dec, 07 2022 19:29 PM | 148,637 Views
Minisiteri
y'ubuhinzi n'ubworozi ivuga ko Uturere two mu Ntara y’Iburasirazuba dukorerwamo
ubworozi bw’Inka twagejejwemo ibikorwaremezo byakira umukamo w'amata ku makusanyirizo,
ariko aborozi ntibarashobora guhaza
ubushobozi bw'ibyo bikoresho.
Aborozi bo mu karere ka Gatsibo bavuga ko iki kibazo giterwa na bamwe mu borozi bagurishiriza amata hanze y’amakusanyirizo.
Hafatiwe ku rugero rw’ikusanyirizo rya Rwimbogo riri mu karere ka Gatsibo, ni hamwe mu hari icyuho cy’amata kuko iri kusanyirizo rifite ubushobozi bwo kwakira litilo ibihumbi birindwi ku munsi ariko ayo ribona ntarenga litilo ibihumbi bitatu ku munsi.
Abahagemura amata bakagaragaza ko nubwo batunze Inka nyinshi, ariko izitanga umukamo zikaba nke, hari n'amata agurishirizwa hanze y’amakusanyirizo.
Minisitiri w'ubuhinzi n'ubworozi, Dr.Geraldine Mukeshimana aherutse kuvuga ko hari impungenge zibikoresho byagejejwe ku makusanyirizo y'amata ariko hakabura umukamo uhagije.
Bivugwa ko amata atazanwa ku makusanyirizo agurishwa mu mahoteri n'ama restaraunts, ibintu binyuranije n’amabwiriza agenga amakoperative y’aborozi kandi ari nabo bafite inshingano zo kugenzura ko amata yose agezwa ku makusanyirizo, ariko bamwe mu ribo ngo nibo babaca imyuma bakigurishiriza amata hanze y’amakusanyirizo.
Ntabwo byashobokeye RBA kubona aborozi bavugwaho iyo mikorere inyuranije n’amabwiriza kugira ngo bagire icyo babivugaho ndetse yewe n’amahoteri hamwe n’ama restaraunts bivugwa ko agurishwaho ayo mata.
Cyokora umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe iterambere ry' ubukungu, Sekanyange Jean Leonard avuga ko kugeza ubu umuturage ukenera amata agomba kujya ayakura kwikusanyirizo mu rwego rwo guca iyo mikorere.
Mu karere ka Gatsibo imibare igaragaza ko haboneka umukamo w'amata litilo ibihumbi 50 buri munsi, ariko agezwa ku makusanyirizo ni litilo ibihumbi 20 ku munsi.
Maurice Ndayambaje
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru