AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Kirehe: Uruganda rukora umwuka wifashishwa kwa muganga imashini zapfuye nyuma y’amezi 4 rutangiye

Yanditswe Jun, 09 2020 10:19 AM | 29,689 Views



Uruganda  rwo mu Bitaro bya Kirehe rufite imashini zakoraga umwuka ukoreshwa mu kuvura abarwayi rwarahagaze nyuma y’amezi ane rutangiye.

Izo mashini zari zageze mu Bitaro by’Akarere ka Kirehe muri Gashyantare 2019  ziza kugira ikibazo muri Kamena 2019, imwe mu mashini y’ingenzi iza gupfa.

Ibyo byatumye ibitaro kuri ubu birimo guhomba, aho byari byiteze kujya bizigama buri kwezi amafaranga yari asanzwe agura umwuka buri kwezi abarirwa hagati ya miliyoni 3 na miliyoni 4.

Ubuyobozi bw’ibi bitaro buvuga ko kuva uru ruhanga ruhagaze ibitaro byongeye kujya kugura umwuka.

Umuyobozi ushinzwe imari n’ubutegetsi muri ibi bitari , Ntakirimana Etienne avuga ko bagombaga kujya bagurisha uwo mwuka mu bindi bitaro na byo bikinjiriza ibitaro.

Avuga ko uruganda rwahagaze bamaze kugirana amasezerano n’Ibitaro bya Rwinkwavu yo kubagurisha umwuka .

Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kirehe buvuga kandi ko ibikoresho byangiritse biturutse ngo ku ibura rya hato na hato ry’umuriro w’amashanyarazi atangwa na REG. Ibi byanatumye ubuyobozi bw’ibitaro bwandikira REG ku itariki ya 12 Ukuboza umwaka ushize.

Gusa ubuyobozi bwa REG bwo ntibwemera uruhare na ruto mu iyangirika ry’izo mashini. Mu ibaruwa bwandikiye ibitaro tariki ya 23 Ukuboza, bwabigaragarije ko isesengura ryakozwe n’abatekinisiye rigaragaza ko ikibazo atari umuriro wa REG ko ahubwo ibitaro bikwiye gukosora uburyo bw’imbere mu bitaro  bukwirakwizamo umuriro, ko ari bwo bushobora kuba bwarabaye intandaro yo kwangirika k’uruganda.

Hagati aho ubuyobozi bw’ibitaro bya Kirehe buvuga ko hari ibikoresho byatumijwe hanze bigomba gusimbura ibyangiritse, uruganda rukongera rugakora.

Uruganda rwari rwari agaciro ka miliyoni 140 Frw, rufite ubushobozi bwo gutanga litiro 1750 z’umwuka ku munsi.



AKIMANA Latifat



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira