AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Kigali Arena iratahwa ku mugaragaro uyu munsi

Yanditswe Aug, 09 2019 10:14 AM | 18,397 Views



Kuri uyu wa Gatanu i Kigali haratahwa ku mugaragaro inzu nshya y’imikino n’imyidagaduro yitwa Kigali Arena. Ni inzu yubatse hanze ya Stade Amahoro i Remera ifite imyanya ibihumbi 10 yo kwicaramo, ikaba imwe mu nzu 10 za mbere zakira imikino yo mu nzu nini muri Afurika.

Iyi nzu ni yo ya mbere mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba. Yubatse ku buso bwa metero kare ibihumbi 28 ikagira parkingi yajyamo imodoka 600.

Ifite  amakafetariya n’amaresitora 13, ibyumba 6 abakinnyi bambariramo, ibyumba bibiri by’abatoza, icyumba kimwe cy’imyitozo ngogoramubiri, icyumba cy’abanyamakuru n’icyumba gisuzumirwamo niba abakinnyi badakoresha ibiyobyabwenge.

Ifite ahantu 4 ho kwinjirira, hari aho kwinjirirwa n’abantu bose, hari ahinjirira abanyacyubahiro, hari ahinjirira abanyamakuru hakaba n’aho amakipe yinjirira.

Iyi nzu kandi  yubatswe mu gihe kitageze ku mezi atandatu, ikaba yarubatswe n’abafundi 1700 barimo 1200 b’Abanyarwanda na 500 b’Abanyaturukiya.

Biteganyijwe ko mu 2021 iyi nzu izakinirwamo irushanwa ry’igikombe cya afrika cy’ibihugu mu mukIno w’intoki wa Basket ball. 

Mu mwaka utaha mu kwezi kwa 3, iyi nzu izakinirwamo imikino ya nyuma n’iya kimwe cya kabiri cy’irangiza mu mikino yo gutangiza shampiyona ya Afurika ya Basket ball. 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira