Yanditswe Apr, 23 2018 20:08 PM | 29,361 Views
Zimwe mu mpuguke zo muri za Kaminuza zo mu bihugu bigize umuryango w'ibihugu bya Afurika y'ibirasirazuba ziragaragaza ko ubufatanye mu kuyobora ubushakashatsi bizafasha kunoza ireme ry'uburezi muri aka karere. Ibi byatangajwe mu gihe mu Rwanda harimo kubera inama y'iminsi 3 yiga ku guhuza imikorere ya za kaminuza mu gukurikirana abakora ubushakashatsi bwemeza impamyabumenyi z'ikirenga.
Zimwe mu mpungenge zagaragajwe n'aba
bashakashatsi harimo ikibazo cya bamwe
mu banyeshuli bigana ubushakashatsi bwakozwe n'abagenzi babo mu gihe cyo
kwandika ibitabo bisoza amasomo yabo ya kaminuza ibyiciro bitandukanye.
Dr. Ndanguza Denis ni umwarimu w'imibare muri Kaminuza y'u Rwanda, asanzwe ayobora abakora ubushakashatsi ku biga amasomo y'icyiciro cya 3 cya Kaminuza (Masters) ndetse n'impamyabumenyi y'ikirenga(PhD). Ndanguza avuga ko kwiyitirira ubushakashatsi bw'abandi ku banyeshuri biterwa n'ubunebwe ariko hari n'ingamba zigamije gukumira ayo makosa.
Kunoza imyigire y'abanyeshuri bo ku rwego rwa
Masters na Doctorat no kuyobora ubushakashatsi bakora ni ingingo irimo
kuganirwaho i Kigali n'abahanga baturutse mu bihugu bihuriye mu muryango wa
Afurika y'iburasirazuba. Minisitiri w'uburezi Dr.Eugene Mutimura we asanga
impinduka mu burezi zidakwiye kuvugirwa mu byumba by'inama gusa. Yagize ati, "Nubwo hari uburyo butandukanye
bukoresha za mudasobwa bubuza kwigana iby'abandi ariko n'imyigire myiza
y'abanyeshuri irafasha kugirango kwigana iby'abandi bicike, twifuje ko iyi nama
idahera mu nama za hoteri gusa, ahubwo bashake uburyo bazajya bashyiramo
n'abanyeshuri ubwabo, bakigisha bamwe mu barimu bigisha abanyeshuri ariko
n'abanyeshuri bahari, kugirango ibyo bigisha bijye mu bikorwa biryo bashobora
kubyiga no kubinoza mu buryo bufatika."
Ibyemezo by'aba bahanga mu burezi ku cyakorwa mu kunoza ireme ry'uburezi biciye mu kuyobora abakora ubushakshatsi muri za kaminuza bizashyikirizwa za kaminuza zo mu bihugu bihuriye mu muryango wa Afurika y'iburasirazuba harimo iza leta n'izigenga kugirango aribyo bizakurikizwa hifashishijwe imfashanyigisho imwe.
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru