AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Kabuga yatangiye kuburanishwa mu mizi

Yanditswe Sep, 29 2022 12:28 PM | 104,898 Views



Kuri uyu wa Kane, Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho gukora Imirimo y'Insigarira y'Inkiko Mpanabyaha (IRMCT) rwatangiye kuburanisha mu mizi urubanza rwa Kabuga Felicien ukurikiranweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi. Kabuga ntiyigeze agaragara mu rukiko.

Ubushinjacyaha bw’uru rwego rushinja Kabuga ibyaha bya jenoside, gushishikariza no gukangurira rubanda gukora jenoside, umugambi wo gukora jenoside n'ibyaha byibasiye inyokomuntu byo gutsemba, ubwicanyi no gutoteza, byose byakozwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

Iburanisha mu mizi ritangira, ubushinjacyaha bwatangiye bugaragaza ingingo z'ingenzi z'urubanza rwa Kabuga. Bumaze kuvuga ko nta mpaka zishobora kubaho ko mu 1994 habaye ubukangurambaga bw’ubwicanyi bugamije kurimbura abaturage b’Abatutsi b’u Rwanda, bwagaragaje ko Kabuga yagize nkana uruhare rukomeye muri ibyo byaha mu buryo bubiri: ubwa mbere mu gushyiraho no gukoresha Radio Television Libre des Mille Collines (RTLM), n'ubwa kabiri aribwo guha amafaranga, guha intwaro no gutera inkunga Interahamwe.

Bwavuze ko RTLM yari imashini ya propaganda yashishikarizaga ikanatera urwango rwarangiriye mu ihohoterwa ry’Abatutsi; noneho n'Interahamwe zumvaga ubutumwa bwa RTLM ziritoza, zitwaza intwaro ziteguye gushyira ubu butumwa mu bikorwa.

Ubushinjacyaha buvuga ko mbere ya jenoside, Kabuga yari umwe mu bantu bari bakize kandi bakomeye mu Rwanda, akaba yari n’inshuti ya hafi ya Perezida Juvenal Habyarimana, umugore we Agathe Kanziga n'agatsiko k’ akazu kayoboraga u Rwanda. N'ubwo yari afite amateka yoroheje cyane kandi akaba atarize amashuri ahambaye, Kabuga yakoze ubucuruzi ku rwego ruhambaye, hanyuma abukoresha kugira ngo yubake umubano n’abayobozi ba politiki, ingabo n’abandi bacuruzi hirya no hino mu Rwanda.

Buvuga kandi ko Kabuga yakoresheje ubutunzi bwe no kuba yaravugaga rikijyana kugira ngo ashyigikire ingengabitekerezo ya ‘Hutu pawa’ n’amagambo yangishaga rubanda Abatutsi, aho we hamwe n’izindi ntagondwa z’abahutu, yateguye ishyirwaho rya RTLM kugira ngo ikwirakwize ingengabitekerezo ya jenoside.

Ubushinjacyaha buvuga ko Kabuga yatanze amafaranga y'ibikoresho bikenewe, abona imirongo yo gutangaza amakuru, ategura inkunga y'inguzanyo, yandikisha RTLM kandi aranayiyobora binyuze muri Comite d'Initiative, ari rwo rwego rw’ ubuyobozi bwa RTLM rukumbi rwari ruhari.

Usibye kuba yaragize uruhare rukomeye mu gukwirakwiza ingengabitekerezo ya jenoside, ubushinjacyaha buvuga ko Kabuga yateye inkunga itaziguye umutwe w’ Interahamwe, waje kuba umwe mu yagize uruhare runini muri jenoside.

Buvuga ko yazihaye inkunga, agura kandi akwirakwiza intwaro, ategura imyitozo hanyuma ku giti cye awushishikariza ubwicanyi.

Mu itangazo ryasohotse nnyuma y’iburanisha ryo kuri uyu wa Kane, Umushinjacyaha Mukuru w’uru rwego, Serge Brammertz, yagize ati “Uyu munsi, abahohotewe n’ibyaha bya Kabuga, n’abaturage bose bo mu Rwanda, bagomba kuba ku isonga mu bitekerezo byacu. Bategereje imyaka makumyabiri n'umunani kugira ngo habeho ubutabera. Ibiro byanjye byiyemeje kubaza Kabuga mu izina ryabo.”

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Kabuga yari mu bantu bashakishwaga cyane ku isi mu gihe kirenga imyaka makumyabiri. Ibikorwa by’ ibiro byanjye byo kumushakisha no kumuta muri yombi muri Gicurasi 2020 byari intambwe ya mbere. Mu mezi make ari imbere, tuzashyira ahagaragara ibimenyetso by'ibyaha bye, imbere y’urukiko na rubanda muri rusange.”

Umushinjacyaha Serge Brammertz anavuga ko uru rubanza ruzaba n'umwanya wo kongera kwibutsa isi akaga gakomeye k’ingengabitekerezo ya jenoside no gukwizakwiza urwango.

Avuga ko Kabuga yagize uruhare runini mu guteza urwango ku Batutsi, gutesha agaciro inzirakarengane no gutuma habaho jenoside.

Ati “Niba dushaka gukumira izindi jenoside, twese tugomba kuba maso mu kwirinda iri shishikariza. Imvugo yanga amoko, igihugu, ubwoko ndetse n’amadini ntabwo bigoye kuyimenya - igikenewe ni ubushake bwo kuyihagarika hakiri kare.”




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira